Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Amajyepfo: Kubera ubwiyongere bwa COVID-19 buri kagari kagiye gupima abantu 50

Saturday 3 April 2021
    Yasomwe na

Kubera izamuka ry’imibare y’abaturage bandura icyorezo cya COVID-19, Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bufatanyije n’Ikigo cy’Ubuzima RBC batangiye gahunda yo gupima nibura abantu 50 muri buri kagari.

Ni gahunda ifashwe nyuma yuko isesengura ry’inzobere mu buzima hamwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe baherutse gushyira ku isaha ya saa moya uturere 6 mu 8 tugize iyi ntara bitewe n’ubwiyongere bw’abafatwa na Coronavirusi.

Ikigo k’igihugu cy’Ubuzima RBC cyatangaje ko muri iyi ntara hari kuboneka abarwaye corinavirusi benshi ahanini kubera ibipimo byinshi byatangiye gufatwayo.

Imibare yaraye itangajwe na Minisiteri y’Ubuzima, mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 2 Mata 2021, yerekanye ko habonetse abarenga 200 banduye COVID-19 mu gihugu hose ariko abenshi biganje mu ntara y’Amajyepfo.

Akarere ka Huye konyine kabonetsemo abantu 60, Umuyobozi wako Ange Sebutege akavuga ko biteye impungenge kuko hari nk’itsinda rimwe basanze ririmo abantu 40 barwaye COVID-19 batabizi.

Yagize ati "Biba bisobanuye ko abantu batubahiriza amabwiriza iyo bari hamwe, bikaba bisaba rero ko abantu barushaho gukaza ingamba."

Usibye muri Huye no muri Ruhango ku munsi w’ejo hagaragaye abantu 27, muri Nyanza hagaragara 23, Nyaruguru hagaragara 24, Gisagara haboneka 18.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru