Umukinnyi Neymar Jr kuri ubu uri gukinira ikipe ya PSG yo mu gihugu cy’ubufaransa, kurubu arifuza kugaruka mu ikipe ya FC Barcelona nubwo amaze gukina season 2 ariko ngo byanga bikunze agomba kuva muri PSG.
Ikinyamakuru EL Mundo Deportivo la Hispania, gitangaza ko papa wa Neymar yewe na Neymar ubwe bari gusenga amasengesho yo kugira ngo Neymar arebe ko yagaruka mu ikipe ya FC Barcelona yo mu gihugu cya ESPANYE.
Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko, Barcelona yamaze kwemera icyifuzo cya Neymar ariko mu rwego rwo kugira ngo agaruke yishyure umwenda ungana n’ama yero miliyoni 30 arimo iyi kipe ubwo yahagarikaga amasezerano niyi kipe mu mwaka wa 2017.
Bikaba biri no kuvugwa ko kurubu Neymar atishimiye habe na gato ikipe arimo ya PSG yo mu gihugu cy’Ubufaransa.
Mu gihe iyi myiteguro ya Neymar yo gusubira muri Barcelona ikirimo, iyi kipe nayo ikaba ishaka kugurisha byihuse phillipe coutinho kugira ngo bagabanye amafaranga yamwishyurwaga yongerwe kuya Neymar




















