Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

BURKINA FASO: ABANTU 6 BARIMO NA PADIRI BAGUYE MU GITERO CY’ABITWAJE INTWARO

Monday 13 May 2019
    Yasomwe na

Mu majyaruguru ya Burkina Faso, abantu bitwaje intwaro binjiye mu kiriziya y’ahitwa Dablo kuri iki cyumweru basanga abantu bari mu misa bicamo batandatu barimo na padiri.

Abategetsi muri iki gihugu bavuga ko aba bantu bateye kuri iyo kiriziya bari hagati ya 20 na 30, bahise banatwika iyi kiriziya.

Ousmane Zongo utegeka agace ka Dablo avuga ko abantu bagize ubwoba bwinshi babona kiriziya iri gushya n’aba bateye bari gusahura ikigo cy’ubuvuzi gihari.

Kuva 2016 muri iki gihugu ibitero by’urugomo n’ubwicanyi nk’ibi bikorwa n’abahezanguni biyitirira idini ya Islam byariyongereye.

Uru ni urusengero rwa gatatu rutewe mu byumweru bitanu bishize muri icyo gihugu.

Uko igitero cyagenze

Hari saa tatu z’igitondo kuri iki cyumweru muri aka gace (ni nayo saha ngengamasaha,GMT) abakirisitu bariho bumva misa.

Ousmane Zongo yatangarije AFP ko abagabye igitero binjiye mu Kiriziya bagatangira kurasa abantu bariho bagerageza guhunga.

Ati "Ubu hari icyoba mu mugi wose. Abantu bagumye mu ngo zabo, nta kintu kiri gukorwa. Ibikorwa by’ubucuruzi byafunze".

Amakuru avuga ko ingabo zo gutabara uyu mugi zavuye mu magepfo ahitwa Barsalogho, muri kilometero 45 uvuye Dablo.

Umunyamakuru ukorera muri aka gace yabwiye BBC ko mu bishwe harimo abayoboye Kiriziya, kandi ko abaturage ba hano babajwe cyane no kuba ingabo zo mu kigo kiri hafi zitahise zitabara.

Ni bande bari gukora ibi bikorwa?

Imitwe yiyita iya Islam irashyinjwa kugaba ibitero bitari bike mu bihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba kuva imyaka ishyize.

Imitwe ifite ubucuti na al-Qaeda n’umutwe wiyita Leta ya Ki Islam, hamwe n’umutwe Ansarul Islam iribasiye ako karere. Iyi mitwe yiyita iya Islam ivuga ko irwanya inyigisho zo mu burengerazuba bw’isi iribasira kandi abarimu n’amashuri.

Burkina Faso iri mu gace ka Sahel kugarijwe n’imitwe y’abahezanguni bitwaza idini ya Islam. Iki gihugu hamwe na Niger, Chad, Mauritania and Mali, Burkina Faso byashyizeho umutwe w’ingabo wistwa, G5 Sahel wo kurwanya iyi mitwe.

Gusa ntibyabujije ko ibitero by’ubwicanyi no gushimuta abantu by’iyi mitwe byiyongereye biva kuri 12 mu 2016 bigera ku 158 mu 2018.

Ku wa gatanu, abasirikare b’abafaransa bagabye igitero cyo kubohora abafashwe bunyago, babashije kubohoza bane (4), abasirikare babiri b’abafaransa bahasize ubuzima.

U Bufaransa bwahoze bukoroniza aka karere ubu bugafitemo ingabo 4,500 ziri mu butumwa bwiswe Barkhane bwo kurwanya iyi mitwe y’abahezanguni.

By Imfurayabo Pierre Romeo

SRC/BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru