Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

BURUNDI: ABAGORE BIFUZA GUKORA UMWUGA WO KUROBA BAKABIBUZWA N’UKO NGO BAYATERA UMWAKU

Thursday 28 February 2019
    Yasomwe na

Inkuru yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo

Mu gihugu cy’u Burundi abagore bifuza gukora umwuga w’uburobyi bw’amafi ariko hakaba hari umugenzo abagabo bo muri iki gihugu bafite uvuga ko iyo umugore agiye mu kiyaga cyangwa mu bwato ifi zihunga.

BBC dukesha iyi nkuru yagerageje kumenya impamvu benshi mu bagore bo muri iki gihugu badakunze kugaragara muri uyu mwuga w’uburobyi, yegera bamwe mu barobyi bakorera ku kiyaga cya Tanganyika na bamwe mu bagore bacuruza indagara mu nkengero zicyo kiyaga.

Abagabo b’abarobyi bakunze kuvuga ko iyo umugore agiye mu bwato ifi zihita zihunga

Umwe muri abo bagore ni Yolande Hakizimana ufite imyaka 37 ari mu bagore bake bubahuka kuvugira ku mu garagaro ibijanye n’uburyo abagore batemererwa kuroba.

Abagabo b’abarobyi bakunze kuvuga ko umugore agiye mu bwato ifi zihita zihunga, abandi bakavuga impamvu bataroba ari ugutinya kwegera ikiyaga kubera ubwoba bwo kurohama, gusa Yolanda waganiriye n’umunyamakuru wa bbc avuga ko ibyo byose ari ukutamenya kw’abagabo. Gusa nubundi muri rusange ngo iyo ugeze mu gihugu cy’uburundi usanga imico n’imigenzi igira ibyo ibuza igitsinagore ari myinshi, ibi bikaba bitangazwa na Emile Mworoha, umwarimu muri Kaminuza.

Yolanda we yifuza ko babareka bakaroba bakanahabwa uburenganzira bwo kwibumbira mu mashirahamwe y’abarobyi babagore.

Yagize ati: "Birababaje kubona abagabo bavuga ko iyo umugore agiye mu kiyaga cyangwa mu bwato bituma ifi zihunga. Ibyo bijyanye n’imiziro hamwe n’imiti bakoresha. Twebwe ubwato tubuhoramo akenshi iyo tugiye muri Kongo kandi nta ngorane n’imwe duhura nayo ngo nuko twagiye mu bwato”.

"Turifuza kuroba pe, nibatureke dukore uwo mwuga kuko natwe dufite ingufu n’amaboko n’ubushake bwo kubikora. Ingufu dukoresha duhinga, twazikoresha no mu kuroba”.

Yolande Hakizimana w’imyaka 37 ari mu bagore bake batinyuka kuvugira ku mu garagaro ibijanye n’uburyo abagore batemererwa kuroba

Gusa nubwo aba bagore barimo na Yolanda bagaragaza akababaro bafite kubwo kubuzwa kuroba kandi babishaka, Abagabo bo ntibakozwa ibyiyumviro byabo bagore mri uwo mwuga. Abenshi bakagaruka cyane kuri kirazira ziwabo zuko umugore warobye ashobora kutongera gutwita ndetse ngo no kuba ari umugore ubwabyo bitamwemerera gufata indobani ngo agiye gushaka amafi.

ICYO ABAHANGA BABIVUGAHO

BBC yashatse kumenya inkomoko yiri kumirwa ry’abagore ku mirimo imwe nimwe maze yegera Emile Mworoha, umwarimu muri za kaminuza wize cyane iby’amateka.
Mu magambo make uyu mwarimu muri kaminuza akaba yaratangaje ko ahahise h’u Burundi hakagombye kuba harajyanye nizi kirazira akenshi usanga ari nyinshi birenze uko byakagombye kandi nyinshi murizo zikumira umugore n’umukobwa.

Agira ati: "Umwuga wo kuroba ni umwuga ugoye cyane kubera akenshi ukorwa mu gihe cy’ijoro. Urumva rero byagorana ko umugore ajya gukora akazi nkako mu kiyaga mu gihe cy’igicuku wenda ahetse n’umwana.

"Urebye haba hariho impungenge nyinshi zuko byateza ingorane nyinshi. Kandi noneho urebye imico ya kirundi, usanga imiziro yerekeye abagore ari myinshi. Urundi rugero nuko nta mugore mu burundi wemere kujya hejuru yinzu ngo agiye gusakara kabone nubwo yaba yarabyize”.

Mu Burundi abagore basigaye baboneka cyane mu bice by’akazi gasaba ingufu nk’igisirikare, igipolisi n’ibinidi. Ariko igice cyo kuroba ntikirabakingurirwa ngo bakisangemo.

Source//BBC GAHUZA

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru