Umukandida w’aba-Démocrate muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joseph Robinette Biden Jr. yatsindiye kuba Perezida wa Amerika amaze gutanga Perezida wa 45 w’Amerika Donald Jay Trump kugira amajwi 270 asabwa ngo umukandida yinjire mu Ngoro ya White House y’umukuru w’Amerika, akaba abaye Perezida wa 46 w’Amerika.
Biden yujuje amajwi asabwa kuri uyu wa gatandatu nyuma y’iminsi ine amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Amerika aba, byemejwe ko ariwe watsinze Donald Trump bari bahanganye nyuma yo kwegukana itsinzi muri Leta ya Pennsylvania ikamuhesha kugira amajwi 270 aba asabwa kugira ngo umuntu atorerwe uyu mwanya.
Igitangaje kuri iki gihugu k’igihangange, kiyumva nk’ikitegererezo muri Demokarasi n’ibindi ku isi, Ako kanya Trump akibona ko Biden amutanze kuzuza amajwi 270 yahise yandika ku rukuta rwe rwa Twitter ko ariwe watsinze, aho kugira ngo ahamagare uwo bari bahanganye amushimira, ibintu byatangaje benshi ndetse bitera kwibaza niba nta mpagararara Trump ashobora guteza nyuma yo kubura manda ya kabiri.
Amajwi 20 yaturutse muri Leta ya Pennsylvania niyo yahesheje itsinzi Biden nyuma y’iminsi rwarabuze gica, benshi bibaza niba nta kibyihishe inyuma mugutangaza uwatsinze mugenzi we.
kugeza ubu nubwo Biden yatanze Trump amajwi yo kuba perezida wa Amerika ariko muri leta zirenga 50 zigize Amerika zatoye haracyari izindi Leta zitararangiza kubarurwa amajwi kandi nazo Biden akaba ayoboye mu kugira amajwi menshi, zirimo Georgia, Arizona na Nevada. Naramuka azitsinze, bishobora kurangira agize amajwi 306.
kugeza ubu ibirangirire ku isi yose ndets en’abandi baperezida batandukanye bari koherereza Joe Biden ubutumwa bubmwifuriza ihirwe n’imirimo myiza muri White House nka Perezida wa Amerika wa 46.
Bamwe barimo Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Budage, Heiko Maas; Minisitiri w’Intebe wa Ireland, Michael Martin; Meya w’Umujyi wa Paris, Anne Hidalgo; n’abandi umunota ku wundi ku rukuta rwa Twitter.
Biden na Visi Perezida we Harris Kamara bagiye kumara manda y’imyaka ine Perezida wa Amerika yemerewe ariko perezida we akaba ashobora kongera kwiyamamaza


















