Leta ya Mozambique yatangaje ko igiye gukurikirana ikibazo cy’umunyarwanda yahaye ubuhunzi Ntamuhanga Cassien umaze ibyumweru bitatu bihwihwiswa ko yafashwe n’inzego zaho zikamushyikiriza ambasade y’u Rwanda.
Ijwi rya Amerika ryatangaje ko Umunyarwanda uhagarariye impunzi ziri Mozambique, Habiyaremye yaribwiye ko nabo bamaze ibyo byumweru batazi aho ari btakambira leta ibacumbikiye ngo ibashakire amakuru nyayo ku ho mugenzi wabo Ntamuhanga yaba aherereye cyane ko abo mu muryango bamubuze.
Habiyaremye ukuriye izo mpunzi yavuze ko Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga yababwiye ko ikibazo k’iyo mpunzi barimo kugikurikirana binyuze mu gipolisi kibishinzwe.
Yakomeje avuga ko itangazo ry’iyo Minisiteri naryo ritavuga neza ko bazi aho Ntamuhanga ari cyangwa akiri kuri ubwo butaka.
Ati "Bemeza ko gusa Ntamuhanga Kasiyani yabaye muri Mozambique ariko yarahari nk’impunzi mu buryo bwemewe n’amategeko akaba yari afite ibyangombwa by’ubuhungiro."
Igitangaje nk’uko iyo mpunzi ikuriye izindi yabisobaniye, ni uko ishami ryari ryarahawe gushakisha amakuru ya Ntamuhanga Cassien si ryo ryatangaje ko yabuze.

















