Minisitiri Prof. Shyaka yavuze ko kuva amabwiriza mashya yatangira gushyira mu bikorwa, mu ijoro ryakeye, ryo ku wa 15 rishyira ku wa 16 Ukuboza 2020, ishusho rusange yagaragaje ko hari utubari twafashwe dukora kandi tutemewe, abantu barajwe muri sitade barengeje amasaha y’ingendo n’ibindi bibusanye n’amabwiriza mashya yashyizweho azamara ibyumweru bitatu.
Yagize ati “Iri joro ryakeye gusa mu gihugu hose twafashe utubari 85 turimo abantu bakabakaba 300, ibi byose ni ukurenga ku mabwiriza. Umunsi w’ejo abantu batari bambaye udupfukamunwa neza barasaga 3000, abantu wabonaga batashyizemo intera hagati yabo barakabakaba 1000, ni 979.
Iri joro abantu 2538 ni abarenze ku mabwiriza y’amasaha yo kugera mu ngo naho ibinyabiziga 128byaraye bifashwe ku bu bufatanye bw’inzego z’ibanze na Polisi ba nyirabyo batinze mu nzira.”
Minisitiri yavuze ko ibyo ubwabyo hari indi shusho bitanga mu rugamba rwo kwirinda COVID-19.
Ati “Ni ukuvuga ngo kuri uyu munsi wa mbere ntabwo bigaragara ko twashyize ibintu mu buryo; nkaba naboneraho kugira ngo nsabe cyane Abanyarwanda bose rwose tutaza gutangira kujyana mu mitsi nta mpamvu, twubahirize aya mabwiriza, biragaragara ko bitaramera neza, amasaha turayazi, ibitemewe turabizi ni akabari, guhana intera, twubahirize amabwiriza twirinde iki cyorezo.
Mu ijoro ryahise kandi hari umubare uteri muto w’abaturage barajwe muri sitade y’Ubworoherane, yo mu karere ka Musanze barenze ku masaha ya Saa moya bahawe ngo babe bageze mu ngo, bamwe bavuga ko batari babizi, abandi bagaragaza imamvu zitandukanye zatumye barenga kuri ayo mabwiriza gusa inzego z’ubuyobozi bw’akarere ka Polisi zakomeje kubasobanurira icyo kubahiriza ayo mabwiriza bimaze ku buzima bwabo n’ubw’igihugu muri rusange.
Nuwumuremyi Jeannine, Umuyobozi w’akarere ka Musanze aganiriza abarenze ku mabwiriza yo gutaha mbere ya saa moya
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yongeye kuvuga ko nta bindi bihe abantu bigeze batezuka ku ngamba zo kwirinda COVID-19 nk’uko bimaze iminsi bigaragara kandi binagaragazwa n’imibare y’abari kwandura udasize n’abahitanwa na COVID-19.
Abaturage i Musanze bageragezaga gusobanurira inzego z’umutekano icyatumye bisanga batubahirije isaha ya saa moya



















