Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

COVID-19: Ubwandu ku bagabo bukubye hafi kabiri ku bagore

Monday 28 December 2020
    Yasomwe na

Isesengura ku bwiyongere bw’ubwandu bw’icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda rigaragaza ko umubare w’abagabo banduye ukubye hafi kabiri uw’abagore banduye kuva iki cyorezo cyagera mu rw’imisozi igihumbi.

Raporo ngufi y’Ikigo k’Igihugu cy’Ubuzima RBC yashyizwe ahagaragara n’Umuyobozi Mukuru wacyo, Dr. Sabin Nsnzimana kuri uyu wa mbere tariki ya 28/12/2020, igaragaza ko ab’igitsina gabo bibasiwe cyane mu kwandura COVID-19 kurusha ab’igitsina gore.

Impuzandengo ku banduye covid-19 bose kugeza ubu, ab’igitsina gabo banduye bari ku kigero cya 65.3% mu gihe ku b’igitsina gore iri ku kigero cya 34.7%.

Muri rusange raporo irerekana ko ubwandu bwinshi bwiganje mu bantu bafite imyaka kuva kuri 20 kugeza kuri 40, bagakurikirwa n’abari hejuru yabo, bafite imyaka kugeza kuri 50 hakaza n’abari mu myaka y’urubyiruko ya 20 kuzamuka.

Nubwo bimeze gutyo ariko n’ikigero cy’abakira covid-19 nacyo kirushaho kuzamuka kuko ubu babarirwa kuri 78.9% gusa abahitanwa na covid nabo baracyagaragara, kuko bari kuri 0.9%.

Dr Nsanzimana akomeza kugira abantu inama zo kudatezuko mu gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda gukwirakwiza virusi ya corona, zirimo kwambara agapfukamunwa neza, gushyira intera hagati y’umuntu nundi, kwirinda kujya mu kivunge n’ahand mu birori hateraniye abantu benshi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru