Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

COVID-19 kwa Papa Francis, Umuganga we yamuhitanye

Sunday 10 January 2021
    Yasomwe na

Umuganga wihariye wa Papa Francis, Fabrizio Soccorsi, yitabye Imana ku myaka 78.

Uyu muganga yari yaratoranyijwe na Papa ngo amubere umuganga mu mwaka wa 2015.

Byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu n’ikinyamakuru cy’i Vatikani cyitwa L’Osservatore Romano, Dr. Fabrizio yazize ingaruka yatewe no kurwara COVID-19.

Soccorci bivugwa ko yagiye mu bitaro tariki 26 Ukuboza i Roma kugira ngo akorerwe ubuvuzi bw’indwara yari asanganywe za kanseri. Kugeza ubu nta makuru aramenyekana y’igihe aheruka kubonana na Papa Francis.

Uru rupfu ruje rukurikira ijambo Papa Fancis yavugiye mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo yo mu Butaliyani yitwa Canale 5, aho yavuze ko i Vatikani bazatangira gukingirwa Covid-19 mu cyumweru gitaha kandi na we ari mu bazahabwa urwo rukingo.

Soccorci, uretse kuba umuganga wihariye wa Papa yari umuhanga mu by’ubugenge, ndetse yize iby’ubuganga no kubaga muri Kaminuza ya La Sapienza i Roma.

Ubusanzwe yari umuganga akaba n’umwarimu, cyane cyane mu bijyanye n’indwara zo mu nda zibasira umwijima n’urwagashya, indwara zibasira urwungano ngogora, ndetse n’ibijyanye n’ubudahangarwa bw’umubiri.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru