Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Cardinal Kambanda yavuze ibyaranze Padiri Rugirangoga asigiye Abanyarwanda

Monday 1 March 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko Padiri Obald Rugirangoga yaranzwe no kudaheranwa n’ububabare n’abaginda yagize kubera amateka yanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ko ahubwo yabibyaje imbaraga zikomeye mu kubaka amahoro, yigisha abahemukiwe gusaba imbabazi no kwicisha bugufi.

Yabitangaje ubwo yasomaga Misa yo gusezera kuri Padiri Rugirangoga Obaldi uherutse kwitaba Imana aguye muri Amerika muri Mutarama 2021 azize ingaruka yatewe na Coronavirusi mu bihaha.

Yagize ati: “Burya buri muntu Imana imurema hari ubutumwa imuremeye, ifite impamvu imuremye, ikamuha impano zijyanye no gusohoza ubwo butumwa yamuremeye, mu gihe yamugeneye n’ahantu yamugeneye, ikamurema mu gihe cy’amateka y’umuryango, amateka ya Kiliziya, amateka y’Igihugu n’Isi, igihe azagira uruhare muri ayo mateka, asohoza ubutumwa bwayo hano ku isi”.

Yongeyeho ati: “Muri ibi bihe by’amateka yacu yaranzwe n’amacakubiri, amakimbirane, ubuhunzi kugeza no kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Padiri Ubald yasohojemo ubutumwa bw’Imana nk’umukirisitu, nk’umusaseridoti, yarababaye cyane muri Jenoside, Imana iramurinda ubona ko imutegurira kuzasohoza ubutumwa nyuma ya Jenoside bwo kubaka umuryango nyarwanda n’umuryango wa Kiliziya, mu butumwa yakoraga bwo kunga abantu n’Imana, kubafasha kwiyunga na bo ubwabo, kwiyunga n’imitima yabo no kwiyunga n’amateka yabo bityo bagakira ibikomere by’imitima, bakiyunga n’abavandimwe, bagasana imiryango”.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Umurambo wa Padiri Rugirangoga wasezeweho i Remera kuri Paruwasi ya Regina Paccis, umuhango witabiriwe n’abantu batandukanye mbere yo kujyanwa gushyingurwa ku munsi ukurikiyeho ku ivuko mu karere ka Rusizi.

Umurambo we wagejejwe mu Rwanda ku wa Gatandatu ushize, tariki ya 27 Gashyantare 2021, ukazashyingurwa ku Ibanga ry’Amahoro ahari ikigo Padiri Rugirangoga yashize gihurirwamo n’abakirisitu n’abandi bahafatira inyigisho z’ubumwe n’ubwiyunge.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru