Mu kanya gato Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itangarije isi ko ikirunga cya Nyamulagira nacyo kirimo kuruka inatanga amerekezo kiri kuruka biganamo.
Ni amakuru asamiwe hejuru n’ibinyamakuru bitari bike ku isi byiganjemo ibyo ku mugabane w’Uburayi.
Ntihaciyeho iminota mike, Minisiteri y’Itumanaho muri icyo gihugu irekuye itangazo ko habayeho kwibeshya kuko bohereje indege mu kirere hejuru y’icyo kirunga isanga ni umwotsi watewe n’abakongomani barimo gutwika amakara.
Mu itangazo ribika iruka rya Nyamulagira, iyi minisiteri yavugaga ko kirmo kuruka kerekeza mu gace kadatuwe.
Itangazo ryarekuwe mbere
Itangazo rivuguruza irya mbere



















