Mu gihe abatuye mu Mujyi wa Kigali no mu tundi turere umunani bari bategereje kumva Inama y’abaminisitiri ibakura muri Guma mu rugo bari bamazemo iminsi igera ku icumi, ahubwo yongereweho iminsi itanu.
Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuri iki cyumweru Tariki 25 Nyakanga 2021, riravuga ko ku ngamba zisanzwe za Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali no mu turere umunani, hongeweho iminsi itanu nk’igihe cyo gushyira mu bikorwa ingamba zisanzweho.




















