Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Hagiye gushozwa intambara ku mitwe ikorera muri Congo

Monday 12 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

I Kinshasa hasinywe amasezerano yemerera ingabo zihuriweho z’Umuryango wa EAC gushoza intambara ku mitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba Congo.

Umunyamabanga wa EAC, Dr. Peter Matuku Mathuki, yashyize umukoni kuri aya masezerano hamwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, Christophe Lutundula tariki ya 8 Nzeri 2022. Ni umuhango wayobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Nyuma yo gusinya ayo masezerano, Lutundula yagize ati: “Koherezwa kw’izi ngabo biri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’abakuru b’ibihugu bya EAC bigamije gukemura burundu ikibazo cy’ituze, umutekano n’amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.”

Ibiro bya Perezida wa Congo, bisobanura ko izo ngabo za EAC zizoherezwa mu Burasirazuba bw’iki gihugu vuba bidatinze.

Biteganijwe ko umusirikare w’umunyakenya ariwe uzaba uyoboye ibikorwa by’izo ngabo, nk’uko Rwandatribune dukesha iyi nkuru ibivuga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru