Mutungirehe Samuel
Mu gihe hamaze iminsi humvikana amajwi y’abaturage batamambira Leta ko igiciro cyo kwipimisha coronavirus ari kinini kandi iki cyorezo cyarahungabanyije ubukungu bwabo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ubu inzego zishinzwe ubuzima zifatanyije n’abafatanyabikorwa, barimo kuganira ku giciro iyi serivisi izajya ikorerwaho kuko igiciro gishya kizemezwa kigomba gutangira gukurikizwa mu byumweru bibiri biri imbere.
Minisiteri y’Ubuzima, yavuze ko nyuma yo kuganirwaho n’inzego zibishinzwe, igiciro cyo gupima COVID-19 hakoreshejwe uburyo butanga ibisubizo by’ako kanya kigiye kugabanywa.
Kuva gupima Covid 19 byatangira, haba mu mavuriro ya leta cyangwa ayigenga yatoranijwe, igiciro cyo gupima byihuse, Rapid Test, ni amafaranga ibihumbi 10 Frw, abaturage bakaba baragiye bavuga ko ari menshi.
Inzego z’Ubuzima zizeza abaturage ko mu gihe ugiye kwa muganga ku bitaro bya Leta ugaragaza ibimenyetso bya coronavirus ko nta kiguzi ucibwa kuri iyo serivisi yo gupimwa.
Hari abagaragaza ko mu gihe ushaka gupimwa icyorezo cya COVID-19 ugacibwa amafaranga udafitiye ubushobozi byakoma mu nkokora gahunda yo guca burundu icyorezo kuko ushobora no kuba ugifite ugatinda kugaragaza ibimenyetso cyangwa ntubigaragaze nyamara uri kwanduza abandi igihe hatabayeho kwirinda byuzuye.


















