Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Huye: Umusore w’imyaka 18 akurikiranyweho gukora amafaranga y’amiganano

Monday 24 August 2020
    Yasomwe na

Uwo musore yafashwe kuri Cyumweru tariki ya 23 Kanama 2020, afatanwa impapuro zigera kuri 380 aho buri rumwe yari kurukoramo inoti y’amafaranga 1000. Ayo yari agiye gukora yose hamwe ni ibihumbi 380 Frw.

Yafatiwe mu Mudugudu wa Butare mu Kagari ka Gasange ku makuru yatanzwe n’abaturage bamubonye bahita babimenyesha Polisi.

Polisi y’Igihugu ibinyujije ku rubuga rwayo rwa twitter yatangaje ko yafashwe ku makuru yatanzwe n’abaturage

Yagize iti “Ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi ikorera mu karere ka Huye yafatiye mu cyuho Iratwumva Jean Claude arimo gukora amafaranga y’amahimbano. Yafatanwe impapuro 380, buri rupapuro yari kurukoramo inoti ihwanye n’amafaranga y’u Rwanda 1000.”

Bimwe mu bikoresho uwo musore yafatanywe yifashishaga akora amafaranga y’amahimbano, harimo impapuro zikase neza nk’inoti z’amafaranga, umuti asiga kuri izo mpapuro, ndetse n’imashini anyuzamo izo mpapuro zigasohora amafaranga.

Gusa yafashwe ataratangira gusohora ayo mafaranga akoresheje akamashini yari afite.
Kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Rusatira mu Karere ka Huye mu gihe iperereza ku cyaha akurikiranyweho rigikomeza.

Hari amakuru avuga ko ibikorwa byo gukora amafaranga y’amiganano yabanje kubikorera mu Mujyi wa Kigali ndetse hari n’abo bafatanya bityo hakaba hari gukorwa iperereza ngo hamenyekane ukuri kwabyo.

Gukora amafaranga y’amiganano ni icyaha gihanwa n’amategeko kuko bigira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’igihugu.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo yaryo ya 271 ivuga ko umuntu wese uhimba, ukoresha cyangwa ukwirakwiza mu buryo ubwo ari bwo bwose impapuro zivunjwamo amafaranga, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri kugeza ku icumi z’agaciro k’amafaranga y’amahimbano.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru