Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

IMITERERE Y’INDEGE ZA GULFSTREAM ZIRI KUMURIKIRWA MU RWANDA (AMAFOTO)

Thursday 28 February 2019
    Yasomwe na

Gulfstream G280 ni ubwoko bw’indege zakorewe muri Israel n’Uruganda rukora indege n’ibindi bishobora kuguruka mu isanzure rwitwa IAI, nyuma yo guhabwa akazi na Gulfstream Aerospace, isosiyete y’Abanyamerika ikora indege.
Ubu bwoko bwa G280 bwifashishwa mu ngendo zitwara abantu bake mu buryo bwihariye (Private Jet), bufite moteri ebyiri. Bwatangiye gukoreshwa n’abantu cyane mu 2012 nyuma y’imyaka igera kuri itatu y’igererageza.

Mu 2005, Gulfstream na IAI byatangiye ibikorwa byo kuvugurura indege ya G200, hakorwa ubwoko bushya bwahawe izina rya G250 bushyirwa ku isoko mu 2008.

Iyi G250 yagiye ku isoko ivuguruye imbere aho abapilote bicara, moteri zarasubiwemo ndetse amababa yayo yaragizwe manini kurusha aya G200.

G250 yakoze urugendo rwa mbere ku wa 11 Ukuboza 2009 i Tel Aviv muri Israel. Mu 2011, G250 yahinduriwe izina yitwa G280 aho Gulfstream yari ifite intego yo gukuraho urujijo rwashoboraga guterwa n’umubare ‘250’ aho mu rurimi ruzwi nka Mandarin [rukoreshwa mu bice bimwe by’u Bushinwa] ushobora gusobanurwa nk’ ‘igicucu’ cyangwa ‘ikigoryi’.

Iyi ndege ifite ubushobozi bwo gukora nibura urugendo rwa kilometero 6667 idahagaze, ni ukuvuga ko ishobora kuva i Kigali ikagera nk’i Bruxelles mu Bubiligi nta kibazo.

Ifite ubushobozi bwo gufata umuvuduko wa kilometero 893 mu isaha ndetse ushobora no kugera kuri kilometero 1049.58. Yagendera kandi ku butumburuke bwa km 13,716 ubariye ku kigero cy’inyanja.

Uyihagazemo (ubutumburuke) ireshya na metero 1.91 mu gihe umurambararo wayo ari 2.19 , ifite kandi uburebure bwa metero 9.98 n’umubyimba wa m3 25.15. Ishobora gutwara abantu 10 bicaye neza na batanu baryamye mu mutuzo usesuye.

Ushaka kuyigura, byagusaba ko uba ufite nibura miliyoni 24.5 z’amadolari ya Amerika.

Iyi ndege ni imwe mu zakozwe n’uru ruganda ziri kumurikirwa mu Rwanda mu gihe hari kuba Inama yiswe Aviation Africa ihurije hamwe abasaga 400 bo mu bihugu 71 birimo 35 bya Afurika.

Biganjemo abakora muri Guverinoma n’abasanzwe bakora iby’indege nk’abikorera, abakora indege, abacuruza ibyuma byo gukanika indege, abakanika, abigisha abanyeshuri gutwara indege n’abandi.

Bimwe mu biganirwaho harimo imbogamizi zituma urwego rw’indege rudatera imbere uko byifuzwa muri Afurika, amategeko agenga urwo rwego, umutekano w’abakora ingendo n’ibindi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru