MUTUNGIREHE SAMUEL
Nyuma yo gutangaza ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa mbere tariki ya 14 Ukuboza 2020, ingamba ya 6 ni imwe mu ngamba zigomba kubahirizwa mu gihugu hose , ivuga ko imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange (public transport) zemerewe gutwara 50% by’umubare w’abantu zemerewe gutwara, kandi hakubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID- 19.
Ibicoro by’ingendo mu modoka rusange zitwara abagenzi byaherukaga gusubirwamo n’ikigo ngenzuramikorere RURA nyuma yahoo inama y’abaminisitiri ifashe igiye ifungura imirimo imwe n’imwe mu kongera kzuahura ibikorwa mu gihugu ariko nabwo bihita bigaragazwa n’abaturage ko byzamutse mu gihe icyorezo cya COVID cyahungabanyije bikomeye ubushobozi bw’abantu, bamwe batakaje n’akazi.
Icyo gihe byasabye ko Minisitiri w’intebe n’inzego zibishinzwe bafata uwmanzuro wo kubigabanya, leta ikagira uruhare ifashamo abaturage, tariki ya 23 Ukwakira 2020 hasohoka ibiciro bishya ari nabyo bigikurikizwa.
Icyo gihe ibiciro bizamurwa byari bayshingiye ko umubare w’abari bemerewe kugenda mu modoka rusange wari wagabanyijwe mo kabiri, bituma n’igiciro kikuba hafi kabiri ku ngendo.
Ukurikije uko ubu umubare w’abemerewe kujya mu modoka rusange wongeye kugabanywa mo kabiri, ntiwashidikanya ko byagira ingaruka no ku bociri by’igendo mu gihe byaba bibangamiye abatanga serivisi zo gutwara abantu mu buryo rusange mu gihugu cyane ko ingamba zafashwe zizongera gusubirwamo nyuma y’ibyumweru bitatu nk’uko inama y’abaminisitiri yabyemeje.

















