Ndayambaje Jean Calude
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku isi (FIFA), Gianni Infantino, yatangaje ko afite icyifuzo cy’uko igihugu cya Israel cyazakira imikino y’Igikombe cy’Isi mu 2030 nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’intebe Bennett Naftali wa Israel mu itangazo ryashyizwe ahagara n’ibiro bye.
Minisitiri w’Intebe Bennett yavuze ko we na Infantino bagiranye ibiganiro ku wa kabiri wiki cy’umweru aho Perezida wa FIFA yagaragaje icyifuzo cy’uko Israel yazakira igikombe cy’Isi kizaba 2030 .
Igihugu cya Israel kiramutse gikabije izi nzozi byaba ari amahirwe no ku bindi bihugu byo ku mugabane w’Asia ndetse kikaba cyafatanya n’ibindi bihugu bikomeye mu gutegura iri rushanwa.
Irushanwa ry’Igikombe cy’Isi mu mwaka wa 2022 kizabera mu gihugu cya Qatar mu gihe kandi ikizaba muri 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Mexique na Canada.
Igihugu cya Maroc muri 2018 nibwo cyabuze amahirwe yo kwakira igikombe cy’Isi ahabwa ibi bihugu byo ku mugabane w’I Burayi.
Kuri ubu ibihugu byo ku migabane itanadukanye bikomeje gukina imikino y’amajonjora hagamijwe kureba niba byazabona amahirwe yo kwerekeza muri Quatar umwaka utaha wa 2022 mu guhatanira igikombe kiruta ibindi muri ruhago.

















