Nyuma ya KCCA yo muri Uganda yatangaje ko itazitabira aya marushanwa, ikipe ya Yanga African nayo yasezeye muri iri rushanwa ivuga ko abakinnyi bayo bakeneye ikiruhuko gihagije.
Mu ibaruwa bagejeje ku ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tanzania, basabye ko bakurwa mu makipe agomba kwitabira CECAFA Kagame Cup kuko amatariki izakinirwaho yegeranye n’ayo izaba yitabiriraho imikino ya CAF Confederations.
Yanga African yari iri mu itsinda rya gatatu ririmo mukebe wayo Simba, ikaba isezeye kugira ngo bitegure umukino ukomeye bazajya gukina muri Kenya ubwo bakirwa na GorMahia mu mikino ya Total CAF Confederations aho iyi kipe ariyo iri ku mwanya wa nyuma muri iri tsinda n’inota rimwe gusa.
Biteganijwe ko CECAFA Kagame Cup izatangira kuwa 28 Kamena uyu mwaka igasozwa kuwa 13 Nyakanga 2018.
Dore uko amatsinda ahagaze
Group A
Azam FC (Tanzania)
(Ugandan representative)
JKU (Zanzibar)
Kator FC (South Sudan)
Group B
Gor Mahia (Kenya)
Rayon Sports (Rwanda)
Lydia Ludic (Burundi)
Ports (Djibouti)
Group C
Yanga Africans (Tanzania)
St. George (Ethiopia)
Simba SC (Tanzania)
Deekadah (Somalia)




















