Ndayambaje Jean claude
Ikipe ya Etoile de l’Est yo mu Karere ka Ngoma iheruka kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere, yamaze kwandikira Federasiyo y’umupira w’Amaguru mu Rwanda isaba ko bayihanganira ikaba ikoresha umutoza Banamwana Camarade udafite ibyangombwa bimwemerera gutoza nk’umutoza mukuru mu cyiciro cya Mbere.
Ikipe ya Etoile de l’Est iratangaza ko yashatse umutoza mukuru muri iyi minsi mike ishize, ariko ntiyabasha kumvikana n’abo baganiraga bujuje ibisabwa kandi shampiyona ibura iminsi mike ngo itangire, akaba ariyo mpamvu basaba ishyirahamwe FERWAFA ko bahabwa igihe bagashaka umutoza bitonze.
Umuyobozi w’ikipe ya Etoile de l’Est, Bwana Muhizi Vedaste, avuga ko nyuma yo gusanga batabona umutoza mukuru mu minsi mike isigaye kugira ngo Shampiyona 2021-2022 itangire ari yo mpamvu nyamkuru yatumye bandikira FERWAFA kugira ngo bongererwe iminsi 90 bashakishe umutoza ushoboye.
Yagize ati "Twari twasabye ko baba baduhaye amezi atatu tukaba dukoresha Banamwana Camarade, kuko urabona Shampiyona ni bwo yari ikirangira; iminsi yo gushaka umutoza mukuru yari mike, biba bisaba kuba mufite umutoza umenyereye abakinnyi ndetse wanadufasha gushaka abandi bakinnyi."
Perezida wa Etoile de l’Est akomeza avuga ko nubwo bandikiye FERWAFA batarasubizwa ariko bakaba bafite icyizere ko bagomba gusubizwa mbere y’uko shampiyona itangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Ukwakira 2021.
Ikipe ya Etoile de l’Est izatangira imikino ya Shampiyona y’icyiciro cya Mbere kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Ukwakira 2021 yakira ikipe ya Police FC kuri Stade y’Akarere ka Ngoma .

















