Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Intsinzi y’Amavubi yibagije Abanyarwanda bamwe icyorezo cya COVID-19

Tuesday 26 January 2021
    Yasomwe na

Ntawashidikanya ko Abanyarwanda bose aho bari haba mu rwababyaye no ku isi hose baraye bamwenyura ku ntsinzi bongeye guhabwa n’Amavubi araye atsinze Togo 3-2 akazamura u Rwanda muri 1/4 mu marushanwa ya CHAN 2021 ari kubera muri Cameroun.

Ubutumwa bukomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye burerekana Abanyarwanda bari mu migi itandukanye, haba i Kigali, Rubavu n’ahandi, bari kuva mu ngo bakirara mu mihanda babyina intsinzi Amavubi ahesheje u Rwanda nyamara ku rundi ruhande usibye na gahunda ya Guma mu Rugo iri mu Mujyi wa Kigali na Guma mu Ntara, kuri uyu wa kabiri nibwo Minisiteri y’Ubuzima yagaragaje ko bwa mbere mu Rwanda habonetse umubare munini w’abanduye covid-19 bagera kuri 574 hapfa n’abandi bane.

Mu mujyi wa Kigali i Nyamiramo ho abaturage bigabije imihanda babyina intsinzi y’Amavubi yakuye ku gitego cya gatatu cyatsinzwe na Sugira Ernest ari nacyo cyongeye kuzamura imbamutimz Abanyarwanda bari baraniganwe mu myaka 16 ishize batunga mu rya wa muhanzikazi Mariya Yohani ngo ’Intsinzi Bana b’u Rwanda, Intsinzi’.

Ikinyamakuru MamaUrwagasabo cyagerageje guhamagara mu rwego rw’umutekano Police ngo badutangarize ikigiye gukorwa ngo hatagira abantu bakurizamo kwanduzanya coronavirusi mu munyenga wo kwishimira iyo ntsinzi gusa ntibabonetse, ntibaranasubiza ubutumwa bugufi ku murongo wa telephone twabandikiyeho.

Umuvugizi wa Police y ’u Rwanda CP Kabera John Bosco akunze kwibutsa abantu ko mu kwirinda nta gutezuka kubamo, ko coronavirusi nta birori igira, nta n’imbabazi igira kandi igenda mu bantu bityo buri wese akwiye kwirinda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru