Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

KICUKIRO: VISI MEYA NA GITIFU BAHERUTSE KUGIRWA ABERE BEGUYE

Wednesday 27 March 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’ akarere ka Kicukiro aravuga ko Angélique Mukunde wari Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu na Higiro Emmanuel wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanombe beguye kuri iyi mirimo.

Ubutumwa bwashyizwe ku rukuta rwa Twitter rw’Akarere ka Kicukiro, bugaragaza ko inama njyanama yashyikirijwe ubusabe bwa Mukunde, ku wa mbere tariki ya 25 Werurwe 2019.

Ubu butumwa bugira buti "Mukunde Angélique wari Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yeguye ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite. Ibi byemejwe n’Inama idasanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Kicukiro yateranye ejo hashize nyuma yo gusuzuma no gusesengura ubusabe bwe”.

Akarere ka Kicukiro kandi katangaje ko “Higiro Emmanuel wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe yasezeye ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite”.

Aba bayobozi bandikiye njyanama bavuga ko beguye ku mpamvu zabo bwite gusa bibaye nyuma y’ iminsi mike bagizwe abere n’ urukiko ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta bari bakurikiranyweho.

Mukunde na Higiro batawe muri yombi tariki 06 Werurwe 2019 bakekwaho kunyereza amafaranga y’ ihuriro ry’ abafatanyabikorwa mu iterambere ry’ akarere.

Tariki 22 Werurwe 2019 nibwo Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwanzuye ko icyaha cyo kunyereza umutungo ubushinjacyaha bwari bukurikiranyeho Visi Meya wa Kicukiro ushinzwe ubukungu n’ iterambere Mukunde Angelique n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe ntacyo bakoze rutegeka ko barekurwa kandi ntibakomeze kugikurikiranwaho.

Angélique Mukunde yari amaze imyaka 8 ari Visi Meya ushinzwe ubukungu n’ iterambere mu karere ka Kicukiro

Gitifu w’ Umurenge wa Kanombe Higiro Emmanuel yeguye

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru