Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Karidinali Barbarin arashinjwa ko atashoboye gushyira ku mugaragaro ibyaha bijyanye n’ihohoterwa

Tuesday 8 January 2019
    Yasomwe na

Nkuko tubiyesha BBC Karidinal Philippe Barbarin arashinjwa ko atashoboye gushyira ku mugaragaro ibyaha bijyanye no guhohotera abana bishingiye ku gitsina biregwa umupadiri wo muri diyoseze ye
.
Cardinal Barbarin akaba musenyeri wa diyoseze ya Lyon mu majyepfo y’Ubufaransa, yemeye ko yari kuba yarirukanye vuba na bwangu uwo mupadiri - Bernard Preynat - ariko arahakana ko yamukingiye ikibaba.

Abandi bantu batanu barimo abapadiri babiri nabo bararegwa muri urwo rubanza ruzamara iminsi itatu.

Iri ni isuzuma rikomeye ry’uburyo itegeko ry’Ubufaransa rihagaze ku ngingo y’amateka y’ihohotera rishingiye ku gitsina ryakorewe abana muri Kiliziya ndetse n’uruhare rw’abayobozi bakuru bamenya amakuru y’iryo hohotera.
Ahanini nko muri uru rugero nyuma y’imyaka myinshi ibyaha byaramaze kuba.
myifatire idahwitse y’ihohotera rishingiye ku gutsina riregwa Padiri Preynat yakozwe mu myaka ya 1980 igihe yayoboraga itsinda ry’aba Scout agahohotera abana b’abahungu bagera kuri 70.

Cardinal Barbarin avuga ko yamenyeshejwe bwa mbere amakuru y’ibi birego muri 2014 maze afata ingingo yo kwirukana uwo mupadiri muri diyoseze ye mu mwaka wakurikiyeho.

Ubushinjacyaha bwasuzumye iki kibazo bwanzura ko uyu mukaridinali nta cyaha
agomba gukurikiranwaho
Ariko rero itsinda rirengera inyungu z’abahohotewe rishaka kumukurikirana.
Bavuga ko uwo mukaridinali hamwe n’abandi bo mu rwego rwo hejuru muri Kiliziya byanze bikunze bari bazi ibyaha bya Padiri Preynat ariko bananirwa kumutanga kuri polisi.

Ikindi kintu berekana ni ubudasa hagati y’ibyo Kiliziya ivuga ku mugaragaro yamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’imyifatire nyayo ibera muri Kiliziya imbere.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru