Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Kiyovu Siporo inyagiye AS kigaki 4-1

Tuesday 22 May 2018
    Yasomwe na

Ikipe ya Kiyovu Sports inyagiye AS Kigali ibitego 4-1 mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona y’u Rwanda, AZAM Rwanda Premier league, biha APR FC gukomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona n’amanota 47.

APR FC yari yafashe umwanya wa mbere ku munsi w’ejo, nyuma yo kunyagira Amagaju ibitego 6-0, gusa irarana ikizere gike cyo kuwugumana kuko AS Kigali yari yawambuye yari igifite umukino igomba gukina na Kiyovu Sports.

Iyi AS Kigali ibiyibayeho ni agahomamunwa kuko Kiyovu Sports yari yayakiriye kuri Stade yayo Mumena iyitsinze nk’akana gato cyane.

Uyu mukino watangiye amakipe yombi ahanahana neza, dore ko n’ubwo AS Kigali yari iyoboye shampiyona nta ngufu nyinshi cyane irusha ikipe ya Kiyovu Sports.

Abanyamujyi bashoboraga kubona igitego ku munota wa 8 w’umukino ku ishoti rikomeye Fuadi Ndayisenga yarekuriye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, gusa umupira ugarurwa n’umutambiko w’izamu.

Amakipe yombi yakomeje gukina neza ari na ko yatakana cyane, gusa nta gikomeye kindi kigeze kiba kugera ku munota wa 31 w’umukino. Ibintu byahinduye isura ku munota wa 32 ubwo Francis Mustapha yahateraga umupira ukomeye, birangira Bate Shamiru wari mu izamu rya AS Kigali yinjiranye na wo mu izamu.

Iki gitego cyakanguye abasore b’umutoza Eric Nshimiyimana, bagaba ibitero kuri Kiyovu byibura ngo barebe ko bakwishyura mu minota 12 yaburaga ngo igice cya mbere kirangire.

Ku munota wa 2 w’inyongera mbere y’uko igice cya mbere gisozwa, Mustapha Francis wari wishe cyane ubwugarizi bwa AS Kigali yatsindiye urucaca igitego cya kabiri, ari na cyo cyahise kijyana amakipe yombi mu kiruhuko.

Nyuma y’iminota 4 igice cya kabiri gitangiye, Kiyovu Sports yari ishyigikiwe n’umurindi w’abafana bayo yasoje akazi, nyuma yo gutsindirwa igitego cya gatatu na kapiteni wayo Kakule Mugheni Fabrice utajya wiburira.

AS Kigali yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 51 w’umukino ibifashijwemo na Ndarusanze J. Claude Lambalamba kuri Penaliti, nyuma y’ikosa Juma yari akoreye kuri Ndahinduka Michel Bugesera mu rubuga rw’amahina.

Mustafa Francis wari wagoye cyane AS Kigali yayihuhuye ku munota wa 65 atsinda igitego cya 4 cya Kiyovu cyabaye icya gatatu cye muri uyu mukino.

Iminota 25 yari isigaye yari iyo kwinezeza ku ruhande rwa Kiyovu, AS Kigali na yo irwana n’ubuzima byibura ngo irebe ko yabona igitego cya kabiri, gusa iza kugira ibyago inavunikisha Nsabimana Eric bita Zidane wajyanwe kwa muganga ikitaraganya.

Gutakaza uyu mukino kwa AS Kigali bitumye APR igumana umwanya wa mbere n’amanota 47, AS Kigali ni iya kabiri na 45, Kiyovu yo ni iya gatatu na 41, amanota 4 imbere ya Rayon Sports ifite 37.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru