Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

’’Kuvuga ngo umwana ntiyakoze neza kubera ubucucicye si impamvu’’ Minisitiri w’uburezi agaruka ku bucucicye mu mashuri

Saturday 15 November 2025
    Yasomwe na

Minisitiri w’uburezi NSENGIYUMVA Joseph yagarutse ku myumvire yuko ubucucicye butera abana gukora nabi ababenyesha ko bidakwiye kuba urwitwazo kuko bishoboka ko abanyeshuri batsinda kandi neza mu gihe hari ubucucicye.


Kuba ishuri ririmo abana benshi sibyo bituma batsindwa.

Ibi yabigarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru maze umwe mu banyamakuru amubaza uko abona Kirehe yatsindishije nyamara hari ibigo bigaragaramo ubucucucye bukabije muri aka karere ko mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse n’icyo bakwiye ku kigiraho.

Minisitiri asubiza uyu munyamakuru yagize ati’’hari aho usanga hatari ubucucike ariko ugasanga hano (Kirehe) barabarushije kandi bafite umubare muto mu by’ukuri bityo kuba umwana wawe atarakoze neza si impamvu kuko wakabaye wibaza uti nonese ko hariya bakoze neza kandi hari ubucucike’’.

Minisitiri kandi yaboneyeho gusaba abayobozi kujya bigira ku bandi bakoze neza kugira ngo barebe aho bipfira babikosore ati ’’abameya n’abavisi meya hari ibiganiro bakwiye kugirana birebera hamwe uko bakora kugira ngo bigire hamwe kandi bizabafasha’’.


Minisitiri w’Uburenzi ubwo yasuraga akarere ka Kirehe yateye ibiti.

Ibi yabitangaje ubwo bari muri gahunda yo gutera igiti mu karere ka Kirehe ku rwunge rw’amashuri rwa PAYSANNAT rikaba ryigamo abanyeshuri barenga ibihumbi icumi biganjemo impunzi zituruka mu bihugu bitandukanye birimo Eritrea, South Sudan, Burundi, Congo n’ibindi byo muri Asia.

Fisto Hakizimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru