Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Leta y’u Rwanda yemeye kwakira impunzi ziva Afghanistan zijya Amerika

Monday 23 August 2021
    Yasomwe na

Leta y’u Rwanda yemeye kwakira impunzi ziva Afghanistan mu gihe gito mbere yuko zikomereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, wabwiye Taarifa ati “U Rwanda rwemeye mu buryo bw’ibanze icyifuzo cya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe Amerika.”

Gusa ibisobanuro birambuye ngo bizatangwa mu gihe kiri imbere uko impande zombi zizagira ibyo zumvikanaho.

Inyandiko z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, zigaragaza ko uretse impunzi zahahungoiye ari nyinshi, u Rwanda rusanganwe izindi zigera muri 60 zo mu bihugu birimo Afghanistan.

Ibindi bihugu ni Angola, Repubulika ya Centrafrique, Chad, Eritrea, Ethiopia, Guinea, Haiti, Kenya, Somalia na Sudan y’Epfo.

Izi ntizaba ari zo mpunzi zonyine u Rwanda rwiyemeje kwakira kuko rwakira n’iziva Libya zishaka ubuhungiro mu Bihugu byo ku Mugabane w’Uburayi n’Amerika.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru