Leta y’u Rwanda yemeye kwakira impunzi ziva Afghanistan mu gihe gito mbere yuko zikomereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, wabwiye Taarifa ati “U Rwanda rwemeye mu buryo bw’ibanze icyifuzo cya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe Amerika.”
Gusa ibisobanuro birambuye ngo bizatangwa mu gihe kiri imbere uko impande zombi zizagira ibyo zumvikanaho.
Inyandiko z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, zigaragaza ko uretse impunzi zahahungoiye ari nyinshi, u Rwanda rusanganwe izindi zigera muri 60 zo mu bihugu birimo Afghanistan.
Ibindi bihugu ni Angola, Repubulika ya Centrafrique, Chad, Eritrea, Ethiopia, Guinea, Haiti, Kenya, Somalia na Sudan y’Epfo.
Izi ntizaba ari zo mpunzi zonyine u Rwanda rwiyemeje kwakira kuko rwakira n’iziva Libya zishaka ubuhungiro mu Bihugu byo ku Mugabane w’Uburayi n’Amerika.

















