Minisiteri y’Uburezi yatangaje amatariki amasomo y’amashuri azasubukurirwaho mu turere yari yarafunzwe kubera gahunda ishize ya Guma mu Rugo, aho ku mashuri y’icyiciro cya mbere cy’abanza, igihembwe cya Gatatu kizatangira tariki ya 02 Kanama 2021.
Byatangajwe mu byemezo by’Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu yakuye mujyi wa Kigali n’uturere umunani byari bimaze iminsi 15 muri Guma mu Rugo.
Itangazo Minisiteri y’Ubuzima yashyize ahagaragara rivuga ko abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza bazatangira igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri wa 2020-2021, tariki ya 02 Kanama
2021 nk’uko byari biteganyijwe ku ngengabihe y’amashuri.
Iyi Minisiteri yavuze ko ayo matariki areba abanyeshuri biga mu mashuri abarizwa mu Mujyi wa Kigali n’Uturere twari twarashyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo.
Ku mashuri Makuru na Kaminuza, abanyeshuri bazakomeza
kwiga uko bisanzwe. Icyakora ayo mu Mujyi wa Kigali n’Uturere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na
Rutsiro azasubukura amasomo tariki ya 09 Kanama 2021.
Iyi minisiteri yakanguriye amashuri kubahiriza ingamba zose zigamije ikumirwa ry’ubwandu bwa Covid-19 kandi agashyiraho gahunda yo gufasha abanyeshuri bacikanywe (Catch up program) aho biri ngombwa.

















