Tuesday . 2 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Minisitiri Dr. Ngamije yabaye Umuyobozi Mukuru muri Guverinoma wemeye gukingirwa COVID-19 ku mugaragaro

Friday 5 March 2021
    Yasomwe na

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yabimburiye abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma y’u Rwanda wemera gukingirwa urukingo rwa COVID-19 ku mugaragaro.

Ni igikorwa yafunguriye ku mugaragaro ku bitaro bya Masaka by’akarere ka Kicukiro, hakingiriwe abaozi batandukanye b’ibitaro n’abaturage bari mu kiciro cy’abari gufata inkingo ku ikubitiro.

Minisitiri Ngamije nyuma yo gukingirwa yahumurije abaturage bagifite impungenge zo kwikingiza, ababwira ko urukingo rwa Covid-19 nta ngaruka rufite ko n’uwo rwagiraho ingaruka ari izisanzwe kandi yahita yitabwaho n’abaganga agakira.

Ati “Ubu meze neza maze iminota 30 nkingiwe kandi nta ngaruka numva.”

Yanibukije kandi abakingiwe ko bitavuze ko bagomba guhagarika kubahiriza amabwiriza, ngo kuko hakiri umubare munini wo gukingirwa kugira ngo abantu babashe gusubira mu buzima busanzwe.

Kuri uyu wa Gatanu kandi u Rwanda rwahawe izindi nkingo ibihumbi 50 zitanzwe na Leta y’Ubuhinde ku mubani mwiza ifitanye n’u Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru