Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yabimburiye abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma y’u Rwanda wemera gukingirwa urukingo rwa COVID-19 ku mugaragaro.
Ni igikorwa yafunguriye ku mugaragaro ku bitaro bya Masaka by’akarere ka Kicukiro, hakingiriwe abaozi batandukanye b’ibitaro n’abaturage bari mu kiciro cy’abari gufata inkingo ku ikubitiro.
Minisitiri Ngamije nyuma yo gukingirwa yahumurije abaturage bagifite impungenge zo kwikingiza, ababwira ko urukingo rwa Covid-19 nta ngaruka rufite ko n’uwo rwagiraho ingaruka ari izisanzwe kandi yahita yitabwaho n’abaganga agakira.
Ati “Ubu meze neza maze iminota 30 nkingiwe kandi nta ngaruka numva.”
Yanibukije kandi abakingiwe ko bitavuze ko bagomba guhagarika kubahiriza amabwiriza, ngo kuko hakiri umubare munini wo gukingirwa kugira ngo abantu babashe gusubira mu buzima busanzwe.
Kuri uyu wa Gatanu kandi u Rwanda rwahawe izindi nkingo ibihumbi 50 zitanzwe na Leta y’Ubuhinde ku mubani mwiza ifitanye n’u Rwanda.

















