Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Minisitiri w’Intebe agiye gusuzuma ubusabe bw’abaturage ku izamuka ry’ibiciro by’ingendo

Tuesday 20 October 2020
    Yasomwe na

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko byumvise ubusabe bw’abaturage ku izamuka ry’ibiciro by’ingendo, byizeza ko bigiye gusuzumwa vuba.

Mu ntangiriro z’icyumweru gishize ni bwo Urwego ngenzuramikorere RURA rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu Mujyi wa Kigali no mu ntara, Abanyarwanda benshi batungurwa no kubona byazamuwe mu gihe RURA yo yavugaga ko hari aho uburebure bw’imihanda muri Kigali bwiyongereye bituma bazamura ibiciro.

Mu itangazo rishyizwe ahagaragara n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ku mugoroba wa tariki ya 20 Ukwakira 2020, rigira riti “Twakiriye ibibazo by’abaturage birebana n’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu. Minisitiri w’Intebe hamwe n’inzego zibishinzwe bazabifataho umwanzuro mu gihe cya vuba.”

Iri tangazo rishobora kwakiranwa yombi n’abanyarwanda batari bake biganjemo abakoresha imbuga nkoranyambaga bari bamaze iminsi botsa igitutu urwego rwa RURA ntibatinye no gusaba abayobozi bayo kwegura mu gihe bananiwe no kubisubiramo, bagaragaza ko bahayeho kuzamura ibiciro by’ingendo hatitawe ku muturage ahubwo hitawe ku mushoramari mu rwego r’ubwikorezi.

Ibi abakoresha izo mbuga nka Twitter babishingiraga ku buryo ibicoro by’ingendo mu Mujyi wa Kigali bari biteguye ko bisubira ku giciro byahozeho mbere ya COVID-19, na cyane ko yashegeshe ubukungu bwa benshi bukazahara bityo kuzamura ibiciro by’ingendo byaba byihuse.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru