Miss Nimwiza Meghan ni umukobwa uherutse kwegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2019. Yatunguye benshi kubera ko atigeze avugwa cyane mu irushanwa.
Nimwiza Meghan ubwo yari abajijwe n’umunyamakuru niba akunda umuziki yagize ati" Yego ndawukunda" Umunyamakuru yongeye kumubaza abahanzi bo mu Rwanda yaba akunda maze uyu mukobwa w’imyaka 19 utaruzuza neza imyaka 20 abwira umunyamakuru ko atajya akunda umuhanzi runaka ahubwo akenshi akunda indirimbo z’abahanzi kurusha gukunda umuhanzi runaka.
Miss Nimwiza Meghan yasuwe n’itangazamakuru
Nimwiza Meghan yabajijwe byibura indirimbo ari gukunda muri iyi minsi agira ati"Njye ndi gukunda cyane indirimbo Igitekerezo ya King James, Blocka ya Bruce Melody na Urugero ya Butera Knowless." Uyu mukobwa umubajije ku bijyanye n’imikino akubwira ko atabikurikira cyane ariko ngo nko mu Rwanda agerageza gukunda Basket Ball akaba umufana w’akadasohoka wa Espoir Basket Balll Club.
Nimwiza Meghan yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2019 asimbuye Iradukunda Liliane wambitswe iri kamba mu mwaka wa 2018. Tubibutse ko Nyampinga w’u Rwanda ahembwa imodoka nshya ifite agaciro ka miliyoni cumi n’umunani ndetse akajya anahembwa umushahara uhoraho wa 800,000 Frw buri kwezi agenerwa na Cogebank hatabariwemo ibindi bihembo binyuranye agenerwa.


















