MUTUNGIREHE SAMUEL
Ishami rya polisi y’Ubuholandi mu istinda rishinzwe kugenza ibyaha ryataye muri yombi kuri uyu wa mbere, tariki ya 26 Ukwakira 2020 Joseph Mugenzi w’imyaka 71 uregwa ibyaha byo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uyu Joseph Mugenzi, ni we ubyara Rene Mugenzi uzwiho guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu kandi aherutse gufungwa mu mu mpera z’icyumreru gishize akurikiranyweho kurigisa miriyoni 279 z’amafaranga y’u Rwanda ya Katedarali yitiriwe Mutagatifu Yohani Umubatiza (St John the Baptist).
Mugenzi yari ku rutonde rw’Abanyarwanda bari mu Buholandi u Rwanda rwasabye ko batabwa muri yombi bakoherezwa kuburanishwa aho bakoreye ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Joseph Mugenzi azwi kandi nk’umwe mu bashinze umutwe wa Poritiki wa FDU-Inkingi, afatanyije na Victoire Ingabire, nyuma akaza no kuribera Perezida.
Inkiko Gacaca zamukatiye adahari gusa ubushinjacyaha bwo mu Rwanda bwemeza ko afite uburenganzira bwo gusaba kongera kuburanishwa mu gihe yaba ageze mu Rwanda.

















