Hari benshi bakibaza icyakorwa KARUNDURA cyatuma nibura ujya gutekereza gusambanya umwana abanza akitsa umutima, agatekereza ku buribwe buzava mu bwiyahuzi agiye gukora n’uburyo ntaho azazimirira ngo icyaha yakoze kibagirane kandi azahora agikurikiranyweho.
Uruhare runini abenshi baruteze kuri Minisiteri y’Uburinangire n’Iterambere ry’Umuryango MIGEPROF mu nshingano zayo.
Kuri iyo ngingo Minisitiri uyoboye iyi Minisiteri, Prof Bayisenge yagiranye ikiganiro n’Ikinyamakuru Igihe mu nkuru yacyo yatambutse ku wa Kabiri tariki ya 27 Nyakanga 2021.
Yagaragaje uruhare rwa Minsiteri ayoboye mu gukemura burundu ikibazo cy’abangavu baterwa inda, avuga ko inzira ngari bizacamo ari ubukangurambaga.
Yagize ati "Twatangije ubukangurambaga buzamara umwaka burimo ibikorwa bitandukanye, harimo cyane cyane kumenya aho abana bahohotewe bari n’ibibazo byihariye bafite. Kuko dushobora kwicara tukavuga ngo abana bafashwe ku ngufu, batewe inda ni ibihumbi 19, ariko tutazi aho baherereye n’ibibazo bafite. Ni ngombwa rero ko tumenya imyirondoro yabo kugira ngo bafashwe."
Yakomeje avuga ko hashyizweho ingamba zitandukanye zirimo Isange One Stop Center, kikaba ikigo gifasha abana bahohotewe guhabwa ubufasha bukomatanyije burimo ubw’ubuvuzi, ubutabera, isanamitima ndetse no gusubizwa mu buzima busanzwe.
akomeza agira ati "Ikindi ni uko buri mwaka ministeri itanga amafaranga agera kuri 200.000.000 Frw atangwa mu nzego z’ibanze, akoherezwa mu turere kugira ngo bafashe ba bana n’abandi bahohotewe ndetse n’ibijyanye n’icuruzwa ry’abantu cyane cyane abana b’abakobwa."
Prof Bayisenge yasobanuye kandi ko yizera ko ingamba Leta yafashe yo gushyira ku ka rubanda, ku mugaragaro abakoze ibyo byaha ndetse bagahamwa na byo byafasha mu kurandura intekerezo zo gusambanya abana.
Ati " Iki gikorwa rero turi gufatanya n’Ubushinjacyaha n’izindi nzego kugira ngo abasambanyije abana, bashyirwe hanze, amazina yabo ajye amanikwa ku biro by’ubuyobozi ku buryo abantu babamenya."
Hari abakobwa batewe inda bakiri munsi y’imyaka y’ubukure ariko bakomeza kubyihanganira no guca mu ngaruka z’uburibwe mu kurera abana bonyine na nyuma barengeje imyaka y’ikiciro cy’ufatwa nk’umwana mu mategeko ariko basigarana ingingimira ko wenda igihe gishize gihagije ngo icyaha bakorewe kibe kitagifite agaciro mu mategeko.
Kugeza ubu amategeko agena ko icyaha cyo gusambanya umwana gisazira imyaka 10 bityop mu gihe uwakorewe icyo cyaha abonye ibimenyetso afite uburenganzira bwo kwitabaza amategeko akarenganurwa bikabera n’abandi isomo.

















