Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Nyagatare :bamwe mu abaturage basanga ubwinshi bw’abagore mu nteko butangana n’umusaruro batanga

Sunday 30 September 2018
    Yasomwe na

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa matimba mu karere ka Nyagatare bavuga ko kuba abagore aribeshi mu nteko badatanga usaruro ungana nuko bangana kuko haracyari bibazo byugarije abagoe byishi ugasanga imyaka ishije abagore bahagariwe mu nteko bakabaye barabicyemuye.

Rwagahigi Emmanuel n’umwe mu baganiriye n’ikimyamakuru Mamaurwagasabo.rw aho avuga ko abagore bacyugarijwe nibibazo asanga abagore batowe bakwiye kuba barabicyemuye kuko bajya mu nteko aribo bahagariye

Rwagahigi yagize ati”iyo ndebye ibibazo abagore bacu bafite usanga byakabaye bicyemurwa nabo batoye ariko mbona ntacyo bakorera kuko burimunsi twumva abagore bicwa kuba abagore badafite imirimo ,uko bahoterwa na bagabo, hakabaye hari ibyemezo bifatwa kubwo kurengera bagore bagenzi babo babatoye ni bimwe mu byo mbona nkaho ntamusaruro ufatika bagore batowe batanga”.

Mukamurenzi Mariya n’umwe mu bagize inteko itora mucyiciro cy’abagore mu gihe cyo gutora badepite, avuga ko hari ibyo asanga bagore baragezeho nubwo kuba abagore bari munteko aribeshi bidatanga umusaruro ungana nkuko bangana

Mariya agira ati”abagore dufite ibazo birimo guhohoterwa nabo twashaka aho umugabo ashaka kugurisha umutungo akagutegeka kungufu kumusinyira wabyanga agatangira kukubuza amahoro akagukubita akanga kugira icyo yongera kugufasha mumirimo nkoguhinga akagenda akangwa inzoga wavuga ugakubitwa wajya no kumurega bakabunga kugeza ubwo akwishe ashaka gusigarana yamitungo nibindi bibazo bihari byishi abagore dufite”.

Mariya akomeza avuaga ko nu bwo hari amategeko, abagore batowe bakajya mu nteko bari bakwiye kureba icyo kibazo naho ubundi kuba abagore bagifite ibazo bingana bityo tubona abo twatoye ntamusuro batanga ungana nuko bangana mu nteko.

Rutayisire Georgette n’umudepite mu nteko shinamategeko umutwe wa badepite akomoka mwishyaka rya PSD nawe numwe mubo abaturage basanga ko yabafasha ubwo yaganiraga Mamaurwagasabo yavuze ko bakora ibishoboka kugirango bubahirize ishingano bahawe n’abaturage.

Yagize ati” birumvikana kuba abaturage badusaba ibisubizo byibibazo bafite kuko nicyo badutorera ariko dukora uko dushoboye kugirango haboneke umuti dutora amategeko aha buri muntu uburenganzira bwe cyane nk’itegeko ryumuryango riha umugore ubusha bungana nubwumugabo kumutungo ari nirihana ihohoterwa ibyo byose ni uburyo bwo kwegera abadutumye tunabatumikira “.

Rutayisire akomeza avuga ko mu buryo bwo kwegera abatura binyuze mu nteko za baturage kugirango humve ibibazo byabo bishakirwe umuti ari naho abantu bamenyera imiryango ifitanye ibibazo kugirango bicyemuke.Ariko haracyari inzira yo kwigisha abaturage kugirango bamenye amategeko n’uburenganzira bwabo dufatanyije n’abaturage bizagerwaho.

Muri iki gihe aharimo kumvikana abashakanye bicana ndetse n’abana bagasambangwa ibyo byose akaba aribimwe mu byugarije imiryango nyarwanda .

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru