Nyiranzarorimana Divine washyingiranwe na Niyinsenga Emmanuel byemewe n’amategeko yabyaye umwana habura umunsi umwe ngo asabwe anakobwe.
Ibi byabereye mu Kagari Burimba, ahazwi nk ku Mugera mu Murenge wa Shangi tariki ya 28 Gicurasi, ubwo Divine yafatwaga n’inda maze akajya kubyarira mu kigo nderabuzima cya Mugera gusa ntibyabujije ko imihango iba.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shangi, Jeanne Mukamusabyimana yemereye umunyamakuru wa Mama urwagasabo TV ko ibi byabaye kandi ko bitabujije imihango y’ubukwe gukomeza.
Yagize ati “ yashyingirangwe na Niyinsenga Emmanuel mu mategeko ariko bari barapanze ko kuri 29 Gicurasi bazasaba bakanakwa, umusore n’umukobwa bari babiziranyeho ariko icyabatunguye ni ukubyara. “
Akomeza agira ati“ Babiganiriyeho maze umuryango w’umuhungu bajya gusaba ariko Divine adahari."
Nyiranzarorimana Divine akaba yabyariye ku kigo nderabuzima cya Mugera gusa amakuru ubuyobozi bw’uyu murenge bufite yemeza ko ubukwe nabwo bukomeza mu urusengero rwa EAR Kigabiro.
























