Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Abantu 8 basimbutse imodoka ya Polisi umwe ahasiga ubuzima

Wednesday 14 January 2026
    Yasomwe na

Ahagana saa 18h00’ z’umugoroba tariki ya 14 Mutarama 2026 nibwo abantu 8 muri 23 bari mu modoka ya Van ya polisi ibajyanye mu kigo banyuramo by’igihe gito (Transit ) basunitse urugi barasimbuka umwe ahita yitura hasi arapfa.


umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ngirabakunzi Ignace

Kuri iki kibazo twavugishije umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ngirabakunzi Ignace atubwira uburyo byagenze.

Yagize ati”Nibyo aya makuru niyo bari abantu 23 bafatiwe mu bikorwa bihungabanya ituze n’umutekano by’abaturage aho bari bajyanywe mu kinigi mu kigo banyuramo by’igihe gito (transit) hanyuma 8 muri bo basunitse urugi rw’imodoka umwe yitura hasi arapfa abandi barindwi (7)batorotse bakomeje gushakishwa.’’

Bamwe mu baturage babonye ibi biba babwiye MAMA URWAGASABO ko imodoka yarimo izamuka iturutse mu muhanda ugana ku murenge wa Musanze ubwo igeze ahahoze irimbi rusange mu Kinigi babona abantu barimo gusimbuka imodoka ari nako uwo nyakwigendera yituye mu muhanda ahasiga ubuzima.

Umuvugizi wa polisi kandi yavuze ko bakomeje gukora iperereza ngo bamenye icyatumye ibi biba ngo kuko bitari bisanzwe.

Ndayambaje Jean Claude

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru