Nyuma y’iminsi icyenda, inama y’Abaminisitiri iteranye (ku wa 12 Kamena 2021) kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 yongeye guterana iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame igamije kureba ingingo zitandukanye no guha umurongo ingamba zo gukumira ubwiyongere bwa COVID-19 buri kugaragara muri iyi minsi.
Iyi nama idasanzwe benshi bari kwibaza niba itari bushyiremo ibyemezo bikaze birimo na Guma mu Rugo nko muri Kigali ahari kugaragara ubwiyongere budasanzwe bw’abandura coronavirus bumaze kugera ku bantu barenga 200 mu masaha 24.
Ku rundi ruhande nabwo abahitanwa n’ikicyorezo nabo bari kwiyongera ubutitsa aho bari gusatira 400.



















