Mutungirehe Samuel
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko, mu izina rya Perezida wa Repubulika Paul Kagame, Dusenge Alfred Byigero wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) yirukanywe kuri iyo mirimo.
Itangazo rimwirukana ryasohotse mu biri bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Kane, tariki ya Mbere Nyakanga 2021 ku mugoroba.
Minisitiri w’Intebe yateganyije ko uwari yungirije uyu muyobozi, Gisèle Umuhumuza yagizwe Umuyobozi w’agateganyo w’iki kigo.
Kwirukanwa k’uyu muyobozi kimwe n’abagiye bamubanziriza ntibitunguranye cyane ko abaturage batari bake uhereye mu Murwa Mukuru wa Kigali bahora bibaza igituma WASAC itageza amazi meza ku baturage mu gihe Kandi idasiba kunengwa no guhabwa agahomamunwa muri raporo z’umugenzuzi w’imari ya Leta akora umwaka ku wundi n’ingengo y’imari ishorwa mu kugeza amazi meza ku baturarwanda.
Uyu mugabo yirukanwe hashize iminsi hasubitswe igikorwa k’Inteko ishinga amategeko cyari gihanzwe amaso n’amatwi, cyo kubaza Minisiteri w’Ibikorwaremezo ubusobanuro ku bibazo bivugwa mu bijyanye n’amazi n’amashanyarazi bitagera neza ku baturage nta n’ubusobanuro bahabwe. Ni igikorwa cyari cyasabww na Minisitiri w’Intebe.

















