Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more
  • 6 July » Neymar yasezeye gukinira ikipe ya Brazil – read more

PEREZIDA KAGAME YIFURIJE ABAGORE UMUNSI MWIZA W’ UMUGORE

Saturday 9 March 2019
    Yasomwe na

Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza mpuzamahanga w’ umugore avuga bakwiye guhabwa ibibagenewe icyo byasaba cyose.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter yagize ati “Abagore barenze kimwe cya kabiri cy’ abatuye Isi, reka dukomeze gukora icyo bisaba cyose kugira ngo babone ibibagenewe. Umunsi mwiza Mpuzamahanga mwiza w’ umugore”

U Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku Isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko. Abagore b’ abadepite mu Rwanda ni 61%. Abaminisitiri b’ abagore ni 50% bivuze ko umubare w’ abaminisitiri b’ abagabo ungana n’ uw’ abagore muri guverinoma y’ u Rwanda

Kuva muri 2005, Leta y’ u Rwanda yashizeho ko mu nzego zose abagore bagomba kugiramo 30% by’ umwihariko mu nzego zifatirwamo ibyemezo.

Mu bindi u Rwanda rwakoze mu rwego rwo guha abagore uburenganzira bwabo ni ivugururwa n’ itegeko rigena impano n’ izungura umugore akagira uburenganira ku mutungo w’ ababyeyi be mu gihe ha mbere umugore atari yemerewe kuzungura imitungo y’ ababyeyi be.

Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru