Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

PEREZIDA KAGAME YIFURIJE ABAGORE UMUNSI MWIZA W’ UMUGORE

Saturday 9 March 2019
    Yasomwe na

Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza mpuzamahanga w’ umugore avuga bakwiye guhabwa ibibagenewe icyo byasaba cyose.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter yagize ati “Abagore barenze kimwe cya kabiri cy’ abatuye Isi, reka dukomeze gukora icyo bisaba cyose kugira ngo babone ibibagenewe. Umunsi mwiza Mpuzamahanga mwiza w’ umugore”

U Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku Isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko. Abagore b’ abadepite mu Rwanda ni 61%. Abaminisitiri b’ abagore ni 50% bivuze ko umubare w’ abaminisitiri b’ abagabo ungana n’ uw’ abagore muri guverinoma y’ u Rwanda

Kuva muri 2005, Leta y’ u Rwanda yashizeho ko mu nzego zose abagore bagomba kugiramo 30% by’ umwihariko mu nzego zifatirwamo ibyemezo.

Mu bindi u Rwanda rwakoze mu rwego rwo guha abagore uburenganzira bwabo ni ivugururwa n’ itegeko rigena impano n’ izungura umugore akagira uburenganira ku mutungo w’ ababyeyi be mu gihe ha mbere umugore atari yemerewe kuzungura imitungo y’ ababyeyi be.

Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru