Umuryango w’Afurika yunze ubumwe (AU) washyigikiye ko Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé aba umuhuza mu biganiro bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DC) n’u Rwanda, inshingano zari zifitwe na Perezida Lorenzo wa Angola.
Tariki ya 24 Werurwe 2025, nibwoi Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Angola byatangaje ko Perezida João Lourenço atakiri umuhuza mu bibazo bya RDC n’u Rwanda ahubwo agiye gushyira imbaraga muri gahunda zireba umugabane wose aho kwita ku karere kamwe, cyane ko ariwe uyoboye Afurika yunze ubumwe.
Perezida Lourenço yagejeje ku bayobozi b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe dosiye ya mugenzi we Faure Gnassingbé wa Togo, nk’umukandida ku mwanya w’umuhuza, bayisuzuma binyuze mu nama yakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga barayishyigikira.
Kugira ngo Faure Gnassingbé atangire izi nshingano bisaba ko Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma igomba kumwemeza.
Inama yasuzumiwemo igitekerezo cya Lourenço yahuje abayobozi batandukanye muri Afurika barimo Perezida Mohamed Ghazouani wa Mauritanie, John Dramani Mahama wa Ghana, Visi Perezida w’u Burundi Prosper Bazombanza, Tanzania n’Abayobozi ba Komisiyo ya AU.
AU yiyemeje ko izakomeza gushyira imbaraga mu gushaka ibisubizo birambye ku ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC, no guhamagarira impande zose zirebwa n’ikibazo kugira uruhare gushakira hamwe ibisubizo.




















