Perezida Paul Kagame agiye yageze i Luanda muri Angola mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Mata 2021 aho yitabiriye iri huriro ry’Umuryango w’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) .
Iri huriro rya kabiri rito, ririga ku bibazo bya Politiki n’iby’umutekano bimaze iminsi muri Repubulika ya Centrafrique.
Perezida Kagame witabiriye iri huriro rigiye kuba ku nshuro ya kabiri, yabanje guhura na mugenzi we Perezida João Lourenço wa Angola.
Mu nama yabaye mu ihuriro rya mbere, mu mpera za Mutarama 2021, Perezida Paul Kagame yari ahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.
Icyo gihe hari tariki 29 Mutarama 2021, iryo huriro ryitabiriwe kandi na Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra ; uwa Congo, Denis Sassou Nguesso ; uwa Chad, Idriss Déby Itno ndetse na João Manuel Gonçalves wa Angola wari watumije iriya nama.

















