Ashingiye ku bubasha ahabwa n’amategeko cyane cyane Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yahaye imbabazi abagore 10 bari barahamwe n’icyaha cyo gukuramo inda barafungwa.
Si abo gusa, hari izindi mfungwa 4781 nazo yababariye, zikaba zigomba guhita zifungurwa.
Byatangajwe na Minisitiri w’ubutabera, akaba n’Intumwa ya Guverinoma Johnston Busingye abinyujije kuri Twitter.
Byaje bikurikira Kandi ko inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu yemeje iteka rya Perezida ritanga imbabazi.
Umukuru w’igihugu yaherukaga gutanga imbabazi ku bakobwa n’abagore bakuyemo inda bakabihamwa n’inkiko muri Gicurasi, 2020.
Icyo gihe yababariye abagore 50 bari barahamijwe kiriya cyaha n’inkiko.
Abagororwa 4781 baraye barekuwe bahawe imbabazi mbere y’uko igihano bari barakatiwe kirangira.
Baba basabwa gukomeza kwitwara neza bityo ntibabe bakongera gufungwa.

















