Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Perezida Kagame yahinduye inzego mu gisirikare cy’u Rwanda

Thursday 19 July 2018
    Yasomwe na

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda (RDF) Paul Kagame, yakoze impinduka mu gisirikare cy’igihugu.

Perezida Kagame zimwe mu mpinduka yakoze ni iz’urwego rusanzwe ruzwi nka J2 rwahinduye izina ruba urwego rw’ubutasi rw’igisirikare.

Itangazo riri ku rubuga rwa Ministeri y’ingabo riragaragaza ko Perezida Paul Kagame yanazamuye mu mapeti - Lieutenant Colonel Andrew NYAMVUMBA agirwa Colonel, ahabwa n’inshingano zo kuyobora urwego rw’ubutasi rwa Gisirikare ( Chief of Defence Intelligence (CDI)

Colonel Andrew Nyamvumba yari asanzwe ari umuyobozi w’ishami rishinzwe politiki n’ingamba za guverinoma mu biro by’umukuru w’igihugu(Head Strategy and Policy, Office of the President)

J2 yayoborwaga na Colonel Jeannot Ruhunga wagizwe umuyobozi mukuru w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB).

Colonel jeannot Ruhunga yagizwe umuyobozi wa RIB na Perezida Kagame, taliki ya 9 Mata uyu mwaka wa 2017.

Urwego rw’ubutasi rwa gisirikare rusimbuye J2, rukorera ku Kimihurura mu karere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali, ahari icyicaro gikuru cy’igisirikare cy’u Rwanda RDF na Ministeri y’ingabo (MINADEF).

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru