Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Perezida Kagame yatangaje icyunamo kugeza igihe Perezida Magufuli azashyingurirwa

Thursday 18 March 2021
    Yasomwe na

Perezida Paul Kagame yashyizeho igihe cy’icyunamo mu Rwanda kugeza ku munsi Perezida wa Tanzania Dr. John Pombe Magufuli azashyingurirwa, amabendera yose akururutswa kugeza hagati.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo byatangajwe ko Magufuli yitabye Imana ku myaka 61. Yari arwariye muri Mzena Hospital i Dar es Salaam, avurwa indwara z’umutima.

Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe mu izina rya Perezida Kagame, rivuga ko icyo cyemezo cyafashwe “mu rwego rwo kwifatanya mu kababaro n’igihugu cy’abavandimwe ndetse n’abaturage ba Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania kubera urupfu rw’uwari umukuru w’icyo gihugu Nyakubahwa Dr John Pombe Magufuli.”

Rikomeza riti “Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yashyizeho igihe cy’icyunamo mu gihugu hose guhera uyu munsi kugeza ku munsi Nyakwigendera Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania azashyingurirwa. Amabendera y’u Rwanda n’ay’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba arurutswa kugeza hagati, mu Rwanda hose ndetse no muri za ambasade zarwo.”

Perezida Paul Kagame yifatanyije mu kababaro n’abaturage ba Tanzania nyuma y’urupfu rwa Magufuli yise umuvandimwe n’inshuti, avuga ko umusanzu we mu gihugu cye n’akarere muri rusange utazibagirana.

Yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter ati : "Tubabajwe no kubura umuvandimwe wanjye n’inshuti, Perezida Magufuli. Umusanzu we mu gihugu cye no mu karere kacu ntuzibagirana. Nihanganishije cyane umuryango we n’abaturage ba Tanzania. Abaturage b’u Rwanda bifatanyije na Tanzania muri iki gihe kitoroshye.”

Nyakwigendera Magufuli yari umwe mu baperezida bakomeye ku ngingo y’imicungire y’ibya rubanda, aho atareberaga ukoresha umutungo w’igihuhu mu nyungu ze cyangwa ngo akerereze gahunda ya lata bimugwe amahoro. we ubwe yabyikurimiraniraga, abatavuga rumwe na we bamabifata nk’umunyagitugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru