Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ubuyobozi bw’ishuri rya Wisdom Schools burahamagarira ababyeyi bafite abana bifuza kujya kwiga mu mahanga ko iri shuri ryamaze kugirana amasezerano n’andi mashuri akomeye yo mu bihugu bya Canada na America, aho abanyeshuri bafite ubuhanga bagiye kujya bahabwa buruse.
Mu kiganiro umuyobozi wa Wisdom Schools Bwana Nduwayesu Elie yagiranye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo, yavuze ko bagiye gutangira guha amahirwe abana b’Abanyarwanda yo kujya (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Musanze, Akagari ka Garuka, bavuga ko batewe impungenge n’insoresore ziyise "Abanyecadi" bakomeje kwishora mu kirombe cya Kanganwa bacukuramo umucanga n’itaka rwihishwa bahohotera abaturage.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga ahari iki kirombe mu mudugudu wa Kanganwa yatunguwe no kubona zimwe mu izo nsoresore ziri mu kirombe kizwi nka Kanganwa, zimukubise amaso zakwiye imishwaro ziramuhindukirana nawe akizwa (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancilla, yasabye abakirisitu basengera mu Itorero EAR/Diyoseze ya Shyira kuba umusemburo w’impinduka nziza mu bibazo byinshi byugarije umuryango ndetse, bakaba bandebereho aho batuye.
Babisabwe kuri iki cyumweru tariki ya 19 Gashyantare 2023 ubwo abarobanuriwe kwinjira mu murimo w’Imana w’Ubudiyakoni n’Ubupasiteri bose hamwe uko ari 21.
Rev.Habimana Alexander, umwe mu baronanuriwe kuba Pasiteri yavuze (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu murenge wa Musanze hari abaturage bubakiwe ivuriro ry’ingoboka (Post de Sante) ariko rimaze imyaka ibiri ridakora.
Ni ivuriro rya Kabazungu ryubatse mu kagari ka Kabazungu mu murenge wa Musanze.
Abaturage babwiye umunyamakuru wa mamaurwagasabo ko bagikoresha amasaha arenga atatu bagiye kwivuriza mu kigo nderabuzima cya Bisate, abandi bakerekeza mu murenge wa Shingiro mu gihe bumvaga ko bagiye kuruhuka izo ngendo.
Umwe mu babyeyi witwa (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abaturage bo mu Murenge wa Remera mu karere Musanze baravuga ko bakigorwa no gukora ingendo bitewe n’imihanda idakoze neza bikadindindiza iterambere ryabo.
Ni kimwe mu bibazo bagejeje kuri Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Dancilla Nyirarugero ubwo yari yitabiriye inteko y’abaturage yabereye mu murenge wa Remera, bamusaba ko bakurwa mu bwigunge bwo kutagira imihanda myiza. Bamwe mu baganiye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo bavuze ko bibagora kugera (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu banyarwanda bazwi nk’abasigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Musanze, umurenge wa Musanze, Akagari ka Kabazungu mu mudugudu wa Rwunga baratabaza Perezida Kagame kubera ko barambiwe kurara hanze.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Musanze aho batuye mu nzu bigaragara ko zabasaziyeho, bakifuza ko bakubakirwa bagatura ahantu heza, cyane ko batishoboye.
Bavuga ko ikibazo cyabo babona ari (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ahagana saa 13h30’ zamanywa nibwo inkuru yabaye kimomo ko hari umupasiteri ukorera umurimo mu itorero rya ADEPR mu Karere ka Nyabihu, yafatiwe mu icumbi ryo mu Kinigi ryitwa (No Stress Bar and Lodge), arimo gusambanya umugore wundi mugabo.
Umugabo w’uyu mugore ngo akimara kumenya ko Pasiteri ari kumusambanyiriza umugore muri iyo Lodge yahise yiyambaza inzego z’umutekano, nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, akaba (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze mu murenge wa Gacaca, Akagari ka Karwasa, barinubira ikimoteri cy’isiko rya Karwasa kibateza umunuko ukabije, bakifuza ko ubuyobozi bwagira icyo bukora.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu murenge wa Gacaca ahashyizwe ikimoteri kiri hagati mu ngo z’abaturage, bagasaba ko cyakimurirwa ahandi hadashyira ubuzima bwabo mu kaga.
Umwe mu baturage baturiye iki kimoteri (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Mu gihe abasoje amasomo y’igororamuco ku Kirwa cya Iwawa giherereye mu karere ka Rutsiro bashimirwaga umuhate bagaragaje mu kugororoka bagasabwa kujya gushyira mu bikorwa amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro bahawe, kuri iyi nshuro bamwe bahawe akazi kuri icyo kirwa.
Mu muhango wo gusoza no gusezerera urubyiruko rurangije gahunda y’Igororamuco Iwawa, mu bagera ku 3483 basoje barimo abagera kuri 48 bemerewe akazi mu bikorwa by’ubwubatsi bigiye gukorerwa muri (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bazayavuga Vedriyana w’imyaka 94, ubarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe utuye mu murenge wa Mukamira, umudugudu kibugazi, Akagari Rurengeri, aravuga ko amaze igihe kirekire abayobozi b’inzego zibanze bamubeshya kuzamushakira icumbi none aba mu gikoni yatijwe nuwo basengana.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga mu murenge wa Mukamira yasanze uyu mukecuru aba mu gikoni avuga ko yatijwe na Ntezehose basengana bityo akaba yifuza ko yashakirwa (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















