Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Igipolisi cya Uganda cyatangaje ko kimaze gufata abantu 21 bakekwaho ko bari mu gatsiko gakomeje kugaba ibitero bitandukanye mu gihugu, gashamikiye ku mutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo muri bo 5 bamaze kuraswa bagerageza gutoroka inzego z’umutekano.
Ku wa Kabiri tariki ya 16 Ugushyingo nibwo abantu batatu biturikirijeho ibisasu mu Murwa Mukuru Kampala, imibare ya polisi ivuga ko byahitanye abantu batatu bikomeretsa abandi 37 kandi (…)
SSP Irere René yagizwe umuvugizi wa Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda nyuma y’igihe iryo shami ridafite urivugira by’umwihariko.
Ku munsi w’ejo hashize nibwo hamenyekanye amakuru ko iri shami ryabonye umuvugizi mushya uje kunganira Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera John Bosco wavigiraga amashami ya Polisi yose.
Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryaherukaga kugira umuvugizi mu 2017.
SSP Irere yakoze mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe (…)
Ndayambaje Jean Claude
Federasiyo y’umupira w’Amaguru mu Rwanda "FERWAFA" igiye gukoresha akavagari ka miliyari hafi 9 (8.983.155.532 Frw) mu ngengo y’imari umwaka utaha wa 2022.
Aya mafaranga azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo guteza imbere umupira w’Amaguru ndetse n’amarushanwa , bikazatwara asaga miliyari 7,76 Frw ,mu gihe kandi agera kuri miliyari 1,21 Frw azakoreshwa mu bikorwa bya FERWAFA birimo imishahara y’abakozi n’ibindi bitandukanye.
Amafaranga yavuzwe haruguru (…)
Mutungirehe Samuel
Inteko Ishinga amategeko yo muri Pakistan yatoye itegeko ryemerera inzego z’ubutabera gukaza ibihano bizajya bihabwa abahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu abagore n’abakobwa birimo no kubatera umuti uca umurego igitsina gabo cyabo.
Iri tegeko ryemerera inkiko guhanisha abahamwe n’ibyo byaha giterwa imiti igabanya ubushake n’umurego imyanya ndangagitsina ku buryo itazongera kugira ubushake cyangwa ubushobozi bwo gukora imibonano mpuzabitsina.
Abadepite bavuze ko ibyo (…)
Umugiraneza Alice
Abaturage bo mu murenge wa Cyuve bishyize hamwe bigurira imodoka y’umutekano ya Millioni 14 izabafasha kwicungira umutekano, ibi bintu bavuga ko bizabafasha gutabarirwa ku gihe.
Ni imodoka iri mu bwoko bwa Picapu Avor 1,5 ifite agaciro ka milliyoni 14
Aba baturage bavuga ko iyi modoka igiye kubafasha gushyira mu bikorwa gahunda y’irondo ry’umwuga.
Maniriho Joseph ni muwe mu baturage baje kwakira iyo modoka ku biro by’umurenge, yagize ati "Iwacu mu cyaro byari (…)
Impuguke mu kurwanya Malariya zo mu bihugu bitandukanye bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) harimo na DRC, zimaze iminsi mu nama zanzuye ko muri ako karere hatangira kubakwa amavuriro yihariye atanga serivisi zo kuvura indwara ya malariya ku mipaka.
Ibi byagarutsweho mu nama yasoje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021 mu Mujyi wa Kigali.
Ni inama yari ihuje abayobozi ba gahunda yo kurwanya malariya muri ibyo bihugu ndetse n’abafatanyabikorwa babo.
Dr (…)
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje ko amatora y’abajyanama rusange ku rwego rw’akarere yagenze neza kuko amajwi bamaze kubara yerekana ko biri ku kigero kiri hejuru ya 94%.
Ni amatora y’abagize inama Njyanama Rusange y’uturere 27 two hanze ya Kigali, aho abagize Njyanama bo mu mirenge itandukanye ya buri karere bagiye kwitoramo 8 n’Abajyanama Rusange hakaba n’abatewe muri 30% by’abagore ndetse n’umwe uhagarariye urubyiruko n’uhagarariye abafite ubumuga n’uhagarariye abikorera. (…)
Ndayambaje Jean Claude
Federasiyo y’umupira w’Amaguru mu Rwanda "FERWAFA" yahagaritse Stade Umuganda ku kwakira imikino ya Shampiyona kubera ko yangiritse bitewe n’umutingito w’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo riherutse kuba.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021, FERWAFA yafashe icyemezo cyo guhagarika Stade Umuganda yo mu Karere ka Rubavu mu gihe iki kibuga cyakiniweho iminsi ibiri ibanza ya Shampiyona y’umwaka 2021-2022 ndetse yari yarategetswe ko nta mufana yakira nubwo (…)
Urwego rw’Igigugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, yataye muri yombi inafunga Habineza Longin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare na Twiringiyimana Jean Chrysostom, Perezida wa koperative KOHIIKA ihinga ibigori muri uwo murenge bakurikiranweho icyaha cyo gutanga ruswa y’amafaranga kugira ngo imodoka ya koperative irekurwe kandi yafatiwe mu cyaha.
Abatawe muri yombi bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyagatare mugihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe (…)
Umugiraneza Alice
Ubwo hakorwaga amatora y’abagize inama njyanama z’uturere mu karere ka Musanze ho mu Ntara y’amajyaruguru, abaturage basabye komite nyobozi izatorwa kuzita cyane ku bikorwa remezo cyane imihanda n’amaziq.
Kimwe nahandi hose mu gihugu, kuri uyu wa Kabiri Tariki ya 16 Ugushyingo 2021, abagize njyanama z’imirenge bazindukiye mu gikorwa cy’amatora hatorwa abajyanama rusange 8 muri buri karere bazishakamo Komite nyobozi zizava muri aba batowe ndetse na 30% by’abagore (…)
Mu irushanwa ryo kwibuka padiri Kayumba ikipe ya UTB niyo yegukanye byinshi
11 February 2019, by MUTESI Scovia
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















