Ku wa Gatanu, ku tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu murenge wa Gisenyi, mu Karere Karere ka Rubavu, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyateguwe n’Itorero Angilikani mu Rwanda Diyoseze ya Kivu (EAR), mu rwego rwo kwibuka Abakiristo ba Diyoseze ya Kivu n’abandi bose bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Niyigena Drocelle agaragaza amakuba yanyuzemo mu gihe cya Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho icyo gihe we n’umuryango we (…)
Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Nyabimata ku mihanda haracyagaragara abana mu bisambu bashaka ubwatsi bw’amatungo abandi mu tubari, bakora imirimo itandukan ku buryo bamwe baretse n’ishuri.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo.rw yageraga mu murenge wa Nyabimata n’uwa Muganza yasanze abana benshi biganjemo abahungu bari mu myaka mito, bakora imirimo itandukanye mu gihe bakagombye kuba bari ku ishuri, ibintu bigayitse mu cyerekezo cy’u Rwanda giha (…)
Alice Umugiraneza
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwatangaje ko mu rwego rwo guca ibikorwa by’akajagari mu bucuruzi bizwi nk’Ubuzunguzayi barimo gukora ibishoboka byose ngo ababukora babone uburyo bwo gukora ubucuruzi bwemewe kandi bisanzuye.
Byatangajwe n’ Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe ubukungu, Rucyahana Mpuhwe Endrew, mu rwego rwo kugaragaza uko akarere kagiye guca ubuzunguzayi mu nkengero z’umugi.
Yagize ati"Hari ibintu bitandukanye birimo gukorwa kugira ngo (…)
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 Ukuboza 2021, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu babiri umwe w’imyaka 27, ukurikiranweho gushaka gutanga ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana (100,000 Frw) nyuma yo gutsindwa ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga kugirango yemererwe kuzaruhabwa n’undi w’imyaka 40, ukurikiranweho kugurisha abana inzoga (ibisindisha).
Uw’imyaka 27 yafatiwe ahaberaga ibizamini mu Murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi mu gihe uw’imyaka 40 yafatiwe aho (…)
MUTUNGIIREHE Samuel
Mu karere ka Bugesera mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Kayumba hari umwana w’umunyeshuri wahuye n’ikibazo cy’indwara yo mu mutwe, abaturage bakunze kwita ibisazi, ata ubwenge, bituma ava mu ishuri. Kuri ubu umuryango we wibaza ahazaza he mu gihe nta bushobozi bwo kumuvuza ugifite, umuvandimwe we umurera avuga ko na we yatangiye kugerwaho n’ingaruka z’icyo kibazo mu buryo bw’umutekano no mu bitekerezo.
Umunyamakuru wa mamaurwagasabo.rw yasuye uwo muryango utuye mu (…)
Jean claude Ndayambaje
Bamwe mu bagore bo mu mirenge y’akarere ka Nyaruguru bashimangira ko hari aho bavuye n’aho bageze mu rwego rwo kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu miryango yabo no mu nzego zifata ibyemezo, bahamya ko byavuye mu bukangurambaga bahabwa n’Impuzamiryango Pro-femmes twese hamwe yagiriye muri tumwe mu turere two mu ntara y’Amajyepfo.
Hambere mu mateka y’u Rwanda, hashingiwe ku muco, umugore ntiyagiraga ijambo mu ruhane cyangwa se mu nteko y’abaturage (…)
Umugiraneza Alice
Abagore n’abagabo bo mu karere ka Nyabihu baritana bamwana ku gitera ihoterwa rishingiye ku gitsina mu miryango, abagore bavugako intandaro ari abagabo babo batanyurwa, abagabo nabo bakavuga ko ari abagore babo babakubita bityo bikabatera ipfumwe ryo kubivuga banga igisebo mu bandi.
Bamwe mu baganiye na mamaurwagasabo.rw bo mu mirenge ya Jomba na Karago muri ako karere, bavuga ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina riterwa no kutanyurwa ku mpande zombi.
Scholastic (…)
Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Huye, Umurenge wa Mukura, abaturage bavuga ko ubusizinzi buterwa n’inzoga z’inkorano buza ku isonga mu gukurura amakimbirane hagati y’abashakanye ndetse rimwe na rimwe bibaviramo no gutandukana.
Bamwe mu bagore n’abagabo bavuga ko inzoga z’inkorano ari zo Cungumuntu, Muriture ari intandaro ituma ingo zisenyuka bigateza umwiryane mu miryango bityo n’abana bakaharenganira.
Nyinawumuntu Janviere amaranye imyaka itanu n’umugabo we, avuga ko yari (…)
MUTUNGIREHE Samuel
Ikigo cyita ku bafite ubumuga HVP Gatagara/Gikondo giherereye mu karere ka Kicukiro cyagaragarije zimwe mu mbogamizi zigikomeye mu buvuzi bw’abafite ubumuga bw’ingingo z’umubiri, zirimo kuba insimburangingo icyo kigo gikora zitarashyirwa mu byo Mituweli yishingira bigatuma abazikeneye bazibura kuko zihenze cyane bityo bakaba babuze uburenganzira bwabo kubera ubushobozi buke.
Byagaragajwe kuri uyu wa Gatanu, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga (…)
Mutungirehe Samuel
Ikigo cy’Uburenganzira n’iterambere mu biyaga bigari (GLIHD) cyahurije hamwe imiryango imwe mu zigize sosiyete sivile nyarwanda, iharanira uburenganzira bwa muntu n’ubw’abagore n’inzego za Leta nka minisiteri y’Ubutabera basuzumira hamwe Imyanzuronama (Recommendations) u Rwanda rwahawe ku bijyanye n’amasezerano nyafurika aharanira uburenganzira bw’umugore, azwi nka "Maputo Protocol" bityo bizabafashe gukora raporo iherekeza iya leta mu isuzuma ritaha.
Ni inama (…)
Sous l’impulsion du ministère des TIC et de l’innovation, le gouvernement du Rwanda s’est associé à Google pour accélérer la transformation numérique du pays. Cette initiative s’inscrit dans l’ambition du Rwanda de favoriser un développement économique inclusif en s’appuyant sur la technologie.
Le dynamisme de l’économie rwandaise constitue un tremplin idéal pour l’innovation en Afrique, en mettant l’accent sur quatre domaines clés : l’accès abordable et universel à la connectivité, (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















