Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Perezida Zelensky yashyizeho urukiramende k’uzegukana uburasirazuba bwa Ukraine

Thursday 9 June 2022
    Yasomwe na

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko imirwano mu mujyi wa Severodonetsk ishobora kugena uzatsinda intambara mu burasirazuba bw’iki gihugu hagati y’ingabo ze n’iz’Uburusiya bwabateye kuva mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Mu gihe imirwano ikaze ikomeje muri ako karere k’inganda aho abasirikare ba Ukraine bahanganye n’abasirikare b’Uburusiya n’abarwanyi baharanira ubwigenge babashyigikiye, yagize ati:

"Mu nzego nyinshi, ikizaba kuri Donbas ni ho kiri gufatirwaho icyemezo".

Yavuze ko abasirikare b’igihugu cye barimo gutuma abasirikare b’umwanzi batakaza byinshi.

Ariko abasirikare ba Ukraine basubijwe inyuma n’abasirikare b’Uburusiya babageza mu nkengero z’uwo mujyi, nkuko umutegetsi wo hejuru w’ako karere abivuga.

Guverineri w’akarere ka Luhansk, Serhiy Haidai, yavuze ko abasirikare bo mu mutwe wihariye ba Ukraine basubiye inyuma, nyuma yuko Uburusiya "butangiye gukubura ngo hataboneka ubwihisho mu karere bukoresheje ibisasu n’ibitero by’indege".

Akarere ka Luhansk hamwe n’akarere bituranye ka Donetsk ni two tugize akarere ka Donbas.

Haidai yabwiye ibitangazamakuru byaho ati: "[Abasirikare] Abacu ubu nanone baragenzura gusa inkengero z’umujyi. Ariko imirwano irakomeje, abacu barimo kurwana kuri Severodonetsk".

Yongeyeho ati: "Ntibishoboka kuvuga ko Abarusiya bagenzura byuzuye umujyi".

BBC yanditse ko uyu guverineri yavuze ko abaturage b’abasivile bagera ku 15,000 bakiri mu mujyi wa Severodonetsk no mu mujyi bituranye wa Lysychansk.

Abasivile bihishe ibisasu mu mujyi wa Lysychansk muri iki cyumweru

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru