Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Perezids wa Tchad Idris Deby yaguye mu mirwano n’inyeshyamba

Tuesday 20 April 2021
    Yasomwe na

Amakuru y’incamugongo ku banya-Chad ni uko Marshal Idris Deby Itno wari umaze iminsi atorewe kuyobora iki gihugu yapfuye azize ibikomere yakuye mu mirwano n’inyeshyamba zashakaga kumubuza amahirwe yahawe n’abaturage yo kuyobora manda ye ya 6.

Ni inkuru isakaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Mata 2021.

Perezida Idris yapfuye azize ibikomere yagize ku gahanga ubwo yari ayoboye ingabo ku rugamba mu cyumweru gishize.

Ntabashije kwishimira intsinzi ye kuko yari ku rugamba ahanganye n’inyeshyamba zari zimaze gusatira amarembo y’umurwa Mukuru ngo zimukure ku butegetsi zavugaga ko ambyeho.

Mu cyumweru gishize muri Tchad hadutse abarwanyi biyise Fact, beguye intwaro baturutse muri Libya bamaramaje ko ubutegetsi muri Tchad bwahinduka.

Ku mugoroba w’ejo tariki ya 19 Mata 2021 ni bwo byavugwaga ko Marshal Idris Deby uherutse kwegukana intsinzi y’umukuru w’igihugu ku nshuro ya 6 ku majwi hafi 80% yararembejwe n’ibikomere yakuye mu mirwani n’inyeshyamba.

Mu cyumweru gishize kandi ni bwo kumvikanye impuruza y’Abanyamerika n’Abafaransa babwira abenegihugu babo ko bibaye byiza baba bavuye muri Tchad kuko bari bazi ko abo barwanyi bari hafi kugera mu Murwa Mukuru Ndjamena.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru