Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Platini na Ingabire babonye gatanya

Saturday 20 July 2024
    Yasomwe na

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata rwemeje ubwumvikane bwabo bwo gutandukana burundu kwa Nemeye Platini na Ingabire Olivia.

Aba bari baherutse gusaba Urukiko ko rwakwemeza gatanya barusabye, rugasesa isezerano bagiranye mu 2021 ubwo bemeranyaga kubana uko babyiyemeje bakabyemereza imbere y’amategeko.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwemeje ubwumvikane bwabo, rwemeza ko batandukanye burundu ndetse rusesa amasezerano bagiranye ndetse rwemeza ko bazandukurwa mu gitabo cy’irangamimerere mu Murenge wa Remera aho bari basezeraniye.

Ikindi Urukiko rwemeje ni uko Platini na Ingabire bemeranyije ko nta mwana bafitanye.

Urukiko rwemeje ko umutungo utimukanwwa ugizwe n’ibikoresho byo mu nzu byagabanywe mu bwumvikane.

Urukiko rwemeje ko umutungo utimukanwwa ugizwe n’ibikoresho byo mu nzu byagabanywe mu bwumvikane.

Ku rundi ruhande Urukiko rwemeje ko inzu bari bafitanye mu Karumuna ho mu Karere ka Bugesera iguma ari iya Platini ndetse igomba guhita imwandikwaho wenyine.

Urukiko rwibukije ababuranyi ko ibyo bumvikanye bigomba guhita bishyirwa mu ngiro bahereye umunsi urubanza rwaciriweho ndetse rutegeka ko iki cyemezo gihita gishyirwaho inyandiko mpuruza.

Ikindi Urukiko rwibukije ababuranyi ni uko iki cyemezo kitajuririrwa.

Umuhanzi Nemeye Platini wamenyekanye nka Platini P niwe witabaje Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata, mu gusaba gatanya n’umugore we, Ingabire Olivia bari barasezeranye mu 2021.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru