Mutungirehe Samuel
Polisi y’u Rwanda yeretse itangamakuru abantu 43 barenze ku mabwiriza yo kwirinda gukwirakwiza coronavirus, barimo 37 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha abandi 6 bafashwe bari mu birori biremewe muri ibi bihe.
Umuvugizi wa Polisi CP John Bosco Kabera yabwiye itangamakuru ko bafashwe kuva ku wa Gatandatu kugeza mu ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere, asobanura ko bisa n’ibigaragara ko abantu bafite ukundi batangiye gutekereza kwitwara nyuma y’ibi bihe hatangiye kurekurwa imirimo imwe n’imwe.
Yakomeje agira ati "Tukaba tuvuga rero ko ibi bintu biremewe, amabwiriza agomba kubahirizwa, amategeko agomba kubahirizwa...agomba kubahirizwa kuko icyo abereyeho ni ukugira ngo abarinde, birinde kwandura no gukwirakwiza kino cyorezo cyane cyane ko cyabazahaza cyangwa kikabahitana ariko icya kabiri ni uko niyo babigiyemo barenga ku mategeko, n’amategeko rero abereyeho kugira ngo abarinde.
CP Kabera yasabye abantu ko aho gufatwa ngo uhindukire ugaragaza ko utewe ipfunwe n’ibyo wakoze ukwiye kurigira mbere, ukubaha amategeko agamije kukurinda.
Abafashwe batwaye basinze bo bakurikiranyweho ibintu bibiri, kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 no gutwara ikinyabiziga wasinze warengeje igipimo cya alukolo utagomba kurenza ku batwara ibinyabiziga.
Abafashwe Bose barabanza kwishyura ayo gupimwa coronavirus bishyure ikiguzi cy’iyo serivisi banahanirwe ikosa bakoze kuko hari ibihano byaryo biteganyijwe.



















